Rutahizamu wa APR FC, Cheikh Djibril Ouatarra yavuye muri Tanzania akaba arwariye i Kanombe.
Uyu rutahizamu ukomoka muri Burkina Faso yari kumwe na APR FC muri Tanzania aho yitabiriye CECAFA Kagame Cup.
Yakinnye umukino umwe gusa wa Bumamuru aho yanatsinze igitego 1 muri 2 batsinze.
Imikino yakurikiyeho ya Mlandege na KMC ntabwo yayikinnye kubera uburwayi bwa Malaria yamufashe imushyira hasi.
Amakuru ISIMBI ikesha umwe mu bantu bari Tanzania ni uko nyuma y'umukino wa KMC banganyije 1-1 wabaye ku wa Mbere nibwo hafashwe umwanzuro wo kumwohereza i Kigali kuko babonaga kuri we irushanwa ryarangiye.
Amakuru avuga ko ubu Cheikh Djibril Ouattara arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe ndetse akaba arimo agenda yoroherwa.