Polisi y'u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umwe mu basore batatu bagaragaye batema umukobwa.
Ku mugoroba w'ejo hashize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho abasore batatu barimo batema umukinnyi bakoresheje umuhoro.
Polisi yavuze ko ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Rwampara mu Murenge wa Nyarugenge tariki ya 11 Nzeri 2025.
Polisi ibunyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa Gatanu yagize iti "Turabamenyesha ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy'ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje."