Rusizi icyeye, itoshye, itekanye... Dutemberane umujyi wihariye (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rusizi ni Akarere kari mu Ntara y'Iburengerazuba, kakagira umwihariko wo gukora ku mikapa ibiri y'ibihugu bituranye n'u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guturira iyi mipaka ni amahirwe ku baturage b'aka karere, cyane ko bashyiriweho amasoko mpuzamipaka, aho nk'isoko rya Bugarama na Rusizi yuzuye atwaye arenga miliyari 3.2 Frw.

Ubu bucuruzi bwambukiranya imipaka bunoroshywa n'ingendo, dore ko aka karere gafite Ikibuga cy'Indege, ndetse na Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, ikaba ihakorera ingendo.

Iyo utembera muri uyu mujyi uri kuzamuka ku muvuduko udasanzwe mu iterambere, ntutinda kubona amahoteli menshi arimo n'amashya, ibica amarenga y'uko ubukerarugendo ari inkingi ya mwamba y'iterambere ry'aka karere.

Ikiyaga cya Kivu, Ikirwa cya Nkombo na Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, ni bimwe mu bintu by'ingenzi bikurura ba mukerarugendo muri akarere, gatuwe n'abarenga ibihumbi 400, nk'uko Ibarura Rusange ryakozwe mu 2022 ribigaragaza.

Muri aba baturage, hejuru ya 70% bari munsi y'imyaka 25, abarenga 70% by'abagatuye bakaba batunzwe n'imirimo ishingiye ku buhinzi.

Ubuhinzi ni inkingi ya mwamba y'iterambere ry'aka karere, kuko gahingwamo bimwe mu bihingwa ngengabukungu birimo ikawa ndetse n'icyayi, ibi bikajyana n'inganda zitunganya umusaruro.

Abanyarusizi kandi ni aborozi kuko hafi 60% by'abaturage bose boroye.

Ibi bituma Abanyarusizi bakirigita ifaranga, maze nabo bakagira batya bakajya kwica akanyota. Muri uyu Mujyi, uhasanga restaurant ndetse na hoteli nyinshi. Ni mu gihe kuko ubukerarugendo muri aka gace buri kurushaho gutera imbere.

Ubucuruzi ni igikorwa cyiganje cyane mu Mujyi wa Rusizi, kuva ku bucuruzi bw'amafi n'indagara, imyenda ya caguwa n'ibindi byiganjemo ubucuruzi, cyane ko inyubako z'ubucuruzi ziri kwiyongera muri aka karere umunsi ku wundi.

Bitewe n'uko aka karere kari mu twunganira Umujyi wa Kigali, ibikorwaremezo n'ibindi birimo inganda zitanga imirimo birimo kuzamuka buri munsi. Mu myaka itanu iri imbere, aka karere kazaba kubatswemo imihanda ya kaburimbo ifite ibimetero 145 kandi izagera mu bice byose, harimo n'ibice by'icyaro.

Icyambu kizahindura ishusho y'akarere ka Rusizi

Kimwe n'Umujyi wa Kigali, ibiciro by'ibibanza mu Mujyi wa Rusizi biri kurushaho kuzamuka uko bukeye n'uko bwije, nk'umwe mu bo twaganiriye yatubwiye nibura ikibanza cyaguraga miliyoni 10 Frw mu 2023, ubu gishobora kuba kiri hafi kwikuba kabiri.

Impamvu y'ibi byose ishingiye ku mahirwe aka karere kabitse, cyane cyane ashingiye ku bucuruzi. I Rusizi hakorera ibagiro rya mbere rinini mu Rwanda, ryuzuye ritwaye arenga miliyari 4 Frw, kandi rikaba rikeneye inka n'ingurube zihagije.

Muri aka karere kandi hari kubakwa izindi nganda, ziyongera ku zisanzwe zimenyerewe nka Cimerwa. Muri make, i Rusizi hari amahirwe adasanzwe mu bijyanye n'inganda ziciriritse, bitewe n'impinduka ziri gukorwa mu bijyanye n'ubwikorezi bw'ibicuruzwa, cyane cyane ubukorerwa mu Kiyaga cya Kivu.

Muri aka karere hari Icyambu cya Rusizi, kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira ubwato bune, bubiri bupakira n'ubundi bubiri bupakurura. Ibi bizahindura isura y'ubucuruzi kuko bizatuma aka karere gashobora gukorana ubucuruzi n'utundi turere tw'Intara y'Iburengerazuba dukora ku Kiyaga cya Kivu, kongera imijyi ya Goma na Bukavu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bizatuma inganda zikorera ibicuruzwa i Rusizi zibasha kubigeza ku isoko mu gihe gito, ibizagira ingaruka nziza ku bucuruzi bukorerwa muri aka karere, bikaba na kimwe mu biri gukurura abashoramari.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yagaragaje ko aka karere gafite amahirwe y'iterambere.

Ati "Andi mahirwe ni ibijyanye n'ubucuruzi bwambukiranya imipaka. Dufite Ikiyaga cya Kivu kiduhuza n'utundi turere tw'Intara y'Iburengerazuba kugera i Rubavu. Umwihariko w'ubwikorezi bwo mu mazi ni uko butwara ibicuruzwa byinshi. Aho hakorwa ishoramari ryo gutwara abantu n'ibintu mu Kiyaga cya Kivu."

Ku manywa, Abanyarusizi barakora, bagahatana, bakabita ifaranga. Iyo bugorobye boroshya umubiri n'umutima, bagasengera, bagasangira, bagasagamba, bagasingiza ibyiza by'iwabo, iwabo hatakiri kure y'u Rwanda kuko imihanda ihagera itunganyije, ikaba itekanye.

Ngaho ngwino nkwereke uyu mujyi, wibereye impamvu ukwiriye kuzajya kuharira weekend.

Iyo uri kwinjira mu Mujyi wa Rusizi, unyura ku mirima myinshi y'icyayi
Ikiyaga cya Kivu ni kimwe mu bitanga amahirwe y'ishoramari mu Karere ka Rusizi
Ubwikorezi bwo mu Kiyaga cya Kivu buri kurushaho gutera imbere
Ikiyaga cya Kivu gifite amahirwe menshi y'iterambere ku baturage ba Rusizi
Hafi y'abubatse Icyambu cya Rusizi
Ibikorwa by'amashanyarazi n'ibindi bikorwaremezo nk'imihanda biri mu biteye imbere mu Karere ka Rusizi
Imihanda y'i Rusizi irasukuye, kimwe n'ahandi hose mu Rwanda
Ibikorwaremezo by'imihanda bigaragara henshi mu Mujyi wa Rusizi
Isuku igaragara hose mu Mujyi wa Rusizi
Hari gahunda yo kuvugurura imiturire y'Akarere ka Rusizi
Umujyi wa Rusizi ugaragaramo urujya n'uruza rw'abantu
Ishusho iryoshye y'Akarere ka Rusizi gahana imbibi n'Ikiyaga cya Kivu
Uko Rusizi igaragara witaruye ahakorerwa ubucuruzi
Umuhanda umanuka werekeza mu Mujyi wa Rusizi
Ibigo by'ubucuruzi byamamaza ku byapa binonwa na bose
Ibikorwa byo kwamamaza biteye imbere mu Mujyi wa Rusizi ukorerwamo ubucuruzi bwinshi
Inyubako z'ubucuruzi uzisanga henshi mu Mujyi wa Rusizi
Abanyarusizi ni abaturage bazi gukorera amafaranga
Inyubako z'ubucuruzi ziri kwiyongera mu Karere ka Rusizi
Inyubako ikoreramo isoko rya Rusizi
Umujyi wa Rusizi ugaragaramo umutekano
Bitewe no guturira Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, Umujyi wa Rusizi ukunze kuba urimo amafu
Imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zigaragara hose mu Mujyi wa Rusizi
Hari gahunda yo kuvugurura imiturire y'Akarere ka Rusizi
Rwagati mu Mujyi wa Rusizi haba urujya n'uruza rw'abantu
Inyubako z'ubucuruzi uzisanga henshi mu Mujyi wa Rusizi
Mu Mujyi wa Rusizi hagaragara ibikorwa bya hoteli zakira abiganjemo abakerarugendo
Umujyi wa Rusizi ugaragamo isuku
Ibikorwa by'amahoteli biri kwiyongera i Rusizi
Ibikorwa byiganjemo inyubako z'ubucuruzi zikomeje kwiyongera i Rusizi
Iyo uri kureba Umujyi wa Rusizi uhagaze ah'itaruye
Akarere ka Rusizi karangwa n'umutuzo
Uko Stade ya Rusizi igaragara uri inyuma yayo
Stade ya Rusizi izavugurwa, yubakwe neza
Urubyiruko rukunze kuba ruri gukora siporo mu Karere ka Rusizi
Stade ya Rusizi izavugururwa
Inyubako yahoze ikoreramo Kaminuza y'u Rwanda
Inyubako ikoreramo IPRC Kitabi
Imihanda igana muri quartier zituwemo mu Mujyi wa Rusizi
Ibidukikije ni ingingo y'ingenzi mu Karere ka Rusizi
Ishusho y'Umujyi wa Rusizi mu ijoro
Imihanda y'Umujyi wa Rusizi iramurikiwe
Umutekano mu gihe cy'ijoro urizewe mu Mujyi wa Rusizi
Imihanda y'i Rusizi iramurikiwe ku rwego rushimishije
Mu masaha y'ijoro, imihanda yo mu Mujyi wa Rusizi iba imurikiwe



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-ikeye-itoshye-dutemberane-ijoro

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)