Ni raporo yakozwe n'ibinyamakuru bya Africa Report na Jeune Afrique, yashyizwe hanze ku wa 28 Ugushyingo 2024.
Hasuzumwe igenabikorwa ryashyizweho mu guteza imbere imijyi, ibikorwa remezo n'amahirwe y'ishoramari aboneka muri iyi mijyi.
Umujyi wa Kigali washyizwe ku mwanya wa kabiri hashingiwe ku isuku imaze imyaka wuranga, umutekano no guhanga ibishya.
Umujyi wa Cape Town ni wo waje ku isonga kubera ibikorwa by'ubukungu biwugaragaramo n'ibindi birimo ibikorwa ndangamuco, ku mwanya wa gatatu hakaba Johanesburg, ku wa kane hari Casablanca hagakurikiraho Rabat na Nairobi.
Muri Nyakanga 2024 kandi Kigali yari yashyizwe ku mwanya wa gatatu mu mijyi ya Afurika ba mukerarugendo bishimira gusura.
Reba amwe mu mafoto agaragaza ubwiza bwa Kigali































































Isura ya Nyamirambo











Isura ya Kicukiro









Rusororo, kamwe mu duce twihagazeho



























Ku Gisimenti







































Ku i Rebero hamaze guturwa cyane











I Remera hakomeje guhinduka









