Nyuma yo kubura Igikombe cy'Amahoro, Rayon Sports yaraye yinjiye mu mwiherero yitegura umukino w'umunsi wa 33 wa Shampiyona bafitanye na Bugesera FC ejo ku wa Kabiri.
Gikundiro itarahiriwe n'impera z'icyumweru gishize aho yatsinzwe na mukeba APR FC ikanayitwara igikombe, nta kiruhuko n'icy'isaha imwe yigeze itanga.
Ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, yahise isubukura imyitozo yitegura uyu mukino uvuze byinshi kuri yo.
Nyuma yahise ijya no mwiherero yitegura Bugesera FC mu mukino uzaba ejo ku wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi 2026 kuri Kigali Pelé Stadium.
Rayon Sports ikaba Shampiyona ari yo mahirwe isigaranye yo kugira ngo ibone itike yo kizakina imikino Nyafurika umwaka utaha aho isabwa kuba iya kabiri.
Ni umwanya irwaniye na Kiyovu Sports, Rayon Sports irasabwa gutsinda Bugesera FC ejo maze ikazananganya na Bugesera FC mu mukino usoza Shampiyona ya 2025-26.
Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yanze-gutanga-akaruhuko-yinjiye-mu-mwiherero.html