Ibihe by'ingenzi byaranze umukino wa Police F... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, aho Police FC yegukanye igikombe itsinze APR FC ibitego 2 -1. APR FC niyo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Nshimiyimana Ynussu, mu gihe ibitego bya Police FC byose byatsinzwe na Peter Agblevor.

Abasifuzi bahawe uyu mukino, bakimenyekana ntabwo bavuzweho rumwe 

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga 

Abakinnyi 11 APR FC yari yabanje mu kibuga 


APR FC yatangiye itsinda igitego ku mupira watsinzwe na Ynussu

Amakipe yombi yakinaga areba igikombe mu myanya y'icyubahiro


Peter ni umwe mu bakinnyi bari bitezwe kuri uyu mukino kuko akunze gutsinda APR FC 

Peter yaje gukora amateka atsinda APR FC ibitego ndetse ahesha Police FC igikombe cy'Intwari 

Shaiboub wari kapiteni wa APR FC kuri uyu mukino nyuma yo gutsindwa igitego cya kabiri, yari yarakaye cyane amahane ari menshi ari kurwana ku ikipe ye 

Shaiboub amahoro yari yamubanye make, kuko yumvaga ikipe ye irenganye cyane

Shaiboub agenda aganira n'umusifuzi wo hagati, amusaba ko igitego cyakurwaho 

Umusifuzi Kagabo wari ku ruhande byabaye ngombwa ko akikizwa n'abashinzwe umutekano ku kibuga kuko abakinnyi ba APR FC bashakaga kumusagararira cyane 


Nyuma y'umukino abasifuzi basohotse mu kibuga baherekejwe n'inzego z'umuteko 


Ibyishimo byasaze abakinnyi ba Police FC baterura umutoza wabo Mashami Vincent


Minisitiri wa siporo Aurore Munyangaju ashyikiriza igikombe kapiteni wa Police FC Nshuti Savio



Francois Ngarambe umuyobozi wa CHENO, yambika imidari abasifuzi

Abafana ba APR FC batakaje ibyishimo mu minota ya nyuma


Police FC yari ifite gishyigikira kuri uyu mugoroba

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI

AMAFOTO: Ngabo Serge - InyaRwanda Â 


">
">
">

">
">
">
VIDEO 1: Eric Munyantore - InyaRwanda 

VIDEO 2: Yaka Pro - InyaRwanda 



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139284/ibihe-byingenzi-byaranze-umukino-wa-police-fc-na-apr-fc-amafoto-video-139284.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)