Karongi: Umworozi warogewe amafi ku nshuro ya kabiri aratabaza - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu muturage ni umworozi w’amafi ufite icyuzi ayororeramo, akaba ari n’umucuruzi wayo wari utangiye kugira isoko rifatika.

Ubwo yari agiye mu bikorwa bye bisanzwe byo kwita ku mafi, yaje gutungurwa no gusanga yose yapfuye, ariko agenzuye mu mazi asangamo icupa ribamo umuti wica udukoko uzwi nka ‘kiyoda.’

Mu gahinda kenshi, uyu mugabo witeguraga umusaruro yavuze ko yahombye nibura amafaranga arenga miliyoni, ariko ikibabaje akaba ari uko ubu bugizi bwa nabi bubaye ku nshuro ya kabiri kandi mu buryo bumwe, ahera aho asaba inzego z’umutekano kumufasha gukurikirana iki kibazo.

Ati “Ndasaba ubuyobozi kumfasha gushaka uwanyiciye amafi, cyane ko atari ubwa mbere abikoze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard, yabwiye IGIHE ko aya makuru bayamenye ndetse ko bari gushaka uwangije aya mafi kugira ngo abiryozwe.

Yagize ati “Nibyo icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye, twatangiye gukurikirana kugira ngo tumenye uko bimeze, umuntu wabikoze turamutse tumumenye yabiryozwa. Iki ni igikorwa cy’ubugizi bwa nabi. Abaturage bakwiye kubana neza no gufatanya muri gahunda zo kwiteza imbere, aho gusubiza inyuma ugerageje kwiteza imbere.”

Amafi y'umuturage yarozwe yose arapfa



source : https://ift.tt/3FxbVgK
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)