Filime igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yahawe igihembo muri Nigeria - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iri serukiramuco ryatangijwe mu 2010, kenshi riba mu gihe cy’icyumweru aho hatangwa ibihembo ndetse n’amahugurwa.

Uyu mwaka ‘Trees of Peace’ yahawe ibihembo mu byiciro birimo icya filime ndende nziza (Best Feature Film). Alanna Brown wanditse iyi filime akanayiyobora nawe yahawe igihembo cya ‘Best Screenplay’ bwa mbere muri Mata uyu mwaka, aho yerekanywe mu iserukiramuco rikomeye rya sinema ryitwa Santa Barbara International Film Festival ryabereye muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi filime ivuga ku bagore bane barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igaragaza uko babashije kwihisha iminsi 81 mu mwobo bakawuvanamo icyizere, kwiyunga n’imbaraga zidasanzwe zo guhindura Isi.

Brown yigeze kubwira IGIHE ko yanditse iyi filime agendeye ku buhamya yahawe n’Umunyarwandakazi bahuriye muri Amerika, akavuga ko yumvise buremereye ahitamo kubukoramo filime.

Mu kumenya byimbitse amateka ya Jenoside, Alanna yasomye ibitabo, areba filime ndetse aza no gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ahura n’abantu batandukanye, amakuru yabonye ayakoramo filime imara isaha irenga.

Mu 2019, Alanna Brown w’imyaka 37 yasuye u Rwanda ahura n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo yumve neza ukuri kw’ibyabaye.

Avuga ko yakoze iyi filime ashaka kwerekana imbaraga no gukomera by’umugore ndetse n’imbaraga z’ubumwe no kubabarira. Yamaze imyaka irenga itandatu ayitekerezaho mbere yo kuyishyira hanze muri uyu mwaka.

Amashusho yayo yafashwe na Barry Levine, Ron Ray na Vicky Petela. Mu bakinnyi bagaragaramo harimo Umunya-Zimbabwe Charmaine Bingwa, Ella Cannon wo muri Australie, Umunya-Nigeria Bola Koleosho n’umunyarwandakazi Umuhire Eliane. Iyi filime yakiniwe i Hollywood.

Iyi filime itangira hagaragara umuntu uri kumva amakuru kuri radiyo avuga ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda, maze ubwicanyi bugahita butangira ari nabwo abagore bayigaragaramo batangira gushaka ubwihisho.

Trees Of Peace yaherukaga kwegukana ibihembo birimo icya ‘Best Director’ cyahawe Alanna Brown wayiyoboye ndetse n’icya Best Picture mu iserukiramuco rya Phoenix Film Festival ryabereye muri Amerika.

Umunyarwandakazi Eliane Umuhire agaragara muri iyi filime ari umwe muri abo bagore barokotse muri Jenoside. Ni we mukinnyi w’Umunyarwandakazi wenyine ukinamo akaba ari nawe ushyirwa ku kirango cy’iyi filime.

Iyi filime ubu iri guhatana muri Amerika mu bihembo bizatangwa mu iserukiramuco rya American Black Film Festival [ABFF], ihatanye mu cyiciro cya ‘Narrative Features’ cyangwa se filime zikubiyemo inkuru ziganjemo ibikorwa byabayeho. Kuyiha amahirwe wanyura hano : https://www.surveymonkey.com/r/ABFF2021FanFavorites

Abagize uruhare muri filime Trees of Peace yatsindiye ibihembo bikomeye muri Amerika



source : https://ift.tt/3oK8NY7
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)