Rubavu: Imodoka yafashwe n’inkongi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iyi modoka yari ivuye mu Karere ka Musanze igiye i Rubavu irimo umushoferi witwa Habimana Jean Paul na mugenzi we bakorana yahiye igeze ahazwi nko kuri Caribana.

Habimana yavuze ko yarimo agenda akumva ikintu gituritse mu modoka ye yumva n’abantu bavuza induru bamubwira ko iri gushya.

Yagize ati “Nagendaga ngeze ahahoze polisi ni ho numvise akantu kavuga mu modoka gasa nk’agaturitse, kuko nari ndi kugenda bisanzwe abantu ku ruhande baba barambwiye ngo iri gushya mba ndasimbutse.”

“Kubera ubwoba nsohotse niruka ariko nza nyirukaho urugi rufunguye iri kujya ahari izindi nyirukaho ndayiyobya, abantu bayishyize hasi barebe ko bayizimya.”

Yakomeje avuga ko yari yarakoresheje Controle Technique atazi ikibazo cyaba kibaye ku modoka ye.

Umushoferi na mugenzi we bari mu modoka bavuyemo amahoro ariko imodoka yose yahiye n’ubwo babashije kuzimya ariko igice kinini cyahiye.

Iyi modoka yahiye yari ivuye i Musanze igiye i Rubavu
Imodoka yo mu bwoko bwa Hiace yafashwe n'inkongi y'umuriro
Abazimya bahageze imodoka yamaze gushya igice kinini



source : https://ift.tt/2WcrmJV

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)