Nyiri ‘alimentation’ yamamaye ku izina rya "Chez Venant" yitabye Imana -

webrwanda
0

Ihahiro Chez Venant mu mujyi wa Kigali ryahoze iherereye hafi y’amasangano (Rond point) yo mu Mujyi rwagati munsi yo kwa Rubangura hafi y’inyubako ya MIC.

Amakuru agera ku IGIHE, avuga ko uyu mugabo wari ufite izina rikomeye yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2021 azize uburwayi.

Abana b’uyu mugabo babinyujije ku mbuga nkoranyambagaza, bagaragaje ko batewe agahinda n’urupfyu rw’umubyeyi wabo.

Umukobwa we Ariane Kabandana, abinyujije kuri Instagram yagize ati “ Papa ndagukunda, wabaye imfura ubuzima bwawe bwose, wabereye bose Intangarugero. Wari umubyeyi mwiza w’imfura, buri muntu wese yakwifuza kubera ko wari umugabo w’imfura w’Intwari. Waritanze cyane , wari umuntu mwiza birenze uko nasobanura ,nta kintu kibi na kimwe cyigeze kikuranga”.

Alimentation Chez Venant ni imwe mu zamamaye cyane i Kigali mu myaka yo hambere kuko abasirimu benshi ariho bakundaga guhahira.

Kabandana Venant yitabye Imana azize uburwayi



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)