Video: Ibyaranze itangira rya Guma mu Rugo ya kabiri i Kigali - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibyari buve muri iyi nama byabaye nk'ibyihishura ubwo Perezidansi y'u Rwanda yasohoraga amafoto yayo, ubona ko buri muyobozi yayitabiriye atavuye aho ari ahubwo yagumye mu biro asanzwe akoreramo. Bamwe bati iyi 'Guma mu Biro' iratsura Guma mu Rugo ndetse biza kuba ari na ko bigendekera Umujyi wa Kigali.

Ku munsi wa Mbere wa Guma mu Rugo urujya n'uruza rwari rwagabanutse kuko ingendo rusange zitakorwaga yaba iz'imodoka zitwara abagenzi ndetse na moto, ariko wabonaga ko hari abagihaha n'abagikora ibindi bikorwa byo kwitegura.

Aho IGIHE yageze nko ku isoko rya Nyarugenge abantu batandukanye bari bari kujya guhaha ibiribwa, abandi ariko babizana babivana ahantu hatandukanye.

Muri Gare ya Nyabugogo naho umurongo w'abashaka kujya mu Ntara wari muremure, bari benshi cyane aho bafashwaga kujya mu miryango yabo. Inzego z'Umutekano ndetse n'Urwego rw'Igihugu Ngenzuramikorere RURA nibo babafashaga.

Muri rusange umunsi wa Mbere waranzwe n'urujya n'uruza rw'abajya mu masoko guhaha ibyo bazakoresha muri ibi byumweru bibiri ndetse n'abatega imodoka zibavana mu Mujyi wa Kigali bajya mu ntara.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/video-ibyaranze-itangira-rya-guma-mu-rugo-ya-kabiri-i-kigali

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)