Mu mafoto kukibuga cy’indege cya kanombe hagaragajwe uburyo buzifashishwa mukwirinda COVID-19 igihe ingendo zizaba zifunguwe. #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Guverinoma y’u Rwanda iheruka gutangaza ko kuva tariki ya 1 Kanama 2020, u Rwanda ruzafungura ingendo zose z’indege, nyuma y’uko zafunzwe muri Werurwe uyu mwaka kubera icyorezo cya Coronavirus.
ahantu hose hazaba Hari Aho bakarabira.
intera hagati y’umuntu nundi izajya yubahirizwa.
hashyizweho ibimenyetso bizajya byerekana icyo gukora nyacyo.

Utembereye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, usanga aho abagenzi banyura basohotse mu Rwanda bajya mu mahanga n’aho banyura binjira mu gihugu, hateguwe uburyo bufasha abagenzi n’abakozi kwirinda icyorezo cya COVID-19.
cool Silas udahemuka wa RCAA,Nsanzimana sabin,na Yvonne bitegereza ibyakozwe.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Indege za Gisivili, RCAA, Col Silas Udahemuka, yavuze ko amabwiriza yo kwirinda azaba ahera ku mugenzi ku giti cye, akanyura ku kibuga cy’indege gisukuye, akagenda mu ndege isukuye.
uwinjiye cyangwa usohotse wese azajya arebana niyi mashini.
uwo iyi mashini izajya isangana umuriro udasanzwe azajya ahita akurikiranwa n’inzego z’ubuzima.
umukozi ushinzwe iby’ubuzima azaba akurikirana uko imashini ikora.

Yakomeje ati “Kuva aho guverinoma itangarije ko ubwikorezi bwo mu kirere, imizigo n’abagenzi bizatangira, tuzafungura ikirere ku ndege zose zitwara abagenzi ku itariki ya 1 Kanama, ndetse na mbere kuva aho ibibuga bihagarariye kwemerera indege kwinjira, twakomeje twitegura kuzafungura, bizagenda bite, hazakorwa iki.”
umuyobozi wa Rwandair asobanura uko bizagenda.
hazabaho kwerekana icyemezo cyuko wapimwe.
umugenzi arasabwa kujya yitwaza udupfukamunwa duhagije kuburyo azajya ahinduranya mu masaha ane.

“Hari amabwiriza Minisiteri y’Ubuzima itanga, hari amabwiriza mpuzamahanga y’Ikigo gishinzwe iby’Indege za Gisivili (ICAO), ayo yose hamwe n’ayo igihugu cyacu cyashyizeho twarayakurikije, tuyavanamo amabwiriza abakora ubwikorezi bwo mu kirere bagomba kubahiriza, twakoze ubugenzuzi burambuye buhagije, ku buryo twumva gutangira ingendo zo mu kirere turi tayari kubikora kandi neza.”
ahashyirwa imizigo y’abagenzi naho hashyizwe ibikoresho byagenewe gupima.
ahakirirwa abantu naho hashyizweho uburyo bwo kwirinda.
abazasanganwa coronavirusi bashyiriweho Aho bazajya bashyirwa.

Amafoto ya igihe.

The post Mu mafoto kukibuga cy’indege cya kanombe hagaragajwe uburyo buzifashishwa mukwirinda COVID-19 igihe ingendo zizaba zifunguwe. appeared first on KASUKU MEDIA.



source https://kasukumedia.com/mu-mafoto-kukibuga-cyindege-cya-kanombe-hagaragajwe-uburyo-buzifashishwa-mukwirinda-covid-19-igihe-ingendo-zizaba-zifunguwe/
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)