Umukinnyi w'umunyarwanda ukinira ikipe ya Waasland Beveren mu Bubiligi, Bizimana Djihad yaraye ahuye na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa ikinamo rutahizamu ukomoka muri Brazil ufatwa nk'umwe mu beza ku Isi, Neymar Jr.
Hari mu mu mukino wa gishuti wabereye kuri Parc des Princes mu Bufaransa, ikibuga PSG isanzwe yakiriraho imikino yayo.
Ni umukino Djihad Bizimana yabanje mu kibuga ndetse akina iminota yose 120 uko yari igabanyije mu duce 4 tw'umukino.
Ntibaje guhirwa n'uyu mukino kuko batsinzwe ibitego 7-0. Ibitego bya PSG byatsinzwe na Aleksandar Vucotić ku munota wa 21, icya Neymar kuri penaliti nziza yo ku munota wa 28, Mauro Icardi kuri penaliti yaherejwe na Neymar ku munota wa 47 ndetse Kylian Mbappé ashyiramo ikindi ku wa 60, Eric Choupo-Moting yatsinze ibitego bibiri ku munota wa 65 n'uwa 66 mu gihe Loïc Mbe Soh yatsinze agashinguracumu ku munota wa 93.
Bizimana DJihad yagiye yigaragaza muri uyu mukino aho yanagerageje gutera mu izamu nko ku munota wa 35 ariko umupira ukorwaho na Marquinhos ujya muri koruneri.
N'ubwo ikipe ye yatsinzwe, ni umwe mu basore ba Beveren bitwaye neza muri uyu mukino dore ko yagiye agerageza kugora abakinnyi ba PSG, bamwe abakoreraho amakosa na we bakayamukoreraho.
source http://isimbi.rw/siporo/article/djihad-bizimana-yahuye-na-neymar-amaso-ku-maso