Yari aherekejwe n'Umuyobozi Wungirije w'Ingabo za Mozambique zirwanira ku butaka (FADM), Brigadier General Tomás Francisco João Mponha n'abandi ba ofisiye bakuru.
Minisitiri w'Ingabo n'itsinda yari ayoboye bakiriwe ku cyicaro gikuru cya RSF n'Umuyobozi w'Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri muri Cabo Del Gado, Brig Gen CM Mujuni, hamwe n'abandi bayobozi bakuru b'ingabo.
Brig Gen CM Mujuni yagaragarije Minisitiri w'Ingabo ishusho y'umutekano ndetse n'uko ibikorwa byo kugarura umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado bihagaze.
Minisitiri Chume yashimye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku ruhare rukomeye zagize mu kurwanya iterabwoba mu majyaruguru ya Mozambique cyane cyane mu Ntara ya Cabo Delgado.
Yanashimangiye ubushake bwa Guverinoma ya Mozambique bwo gukomeza gushimangira ubucuti n'ubufatanye bumaze igihe hagati ya Mozambique n'u Rwanda.
Muri Nyakanga 2021 ni bwo u Rwanda rwohereje abasirikare n'abapolisi muri Cabo Delgado, mu gihe gito birukana abarwanyi b'umutwe w'iterabwoba wa Ansar al Sunnah mu birindiro bari bamaze imyaka ine bahashinze.
Nyuma yo gukura abarwanyi b'uyu mutwe mu birindiro bihoraho bari bafite muri iyi ntara, hakurikiyeho ibikorwa bihuriweho byo kubahiga mu mashyamba bahungiyemo.
U Rwanda kandi runatoza abasirikare ba Mozambique kugira ngo bazashobore kwirindira umutekano mu bihe bizaza.