Umutoza Haringingo yatakambiye itangazamakuru ashinja gutuma abakinnyi bamuzamuraho intugu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umutoza wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis Christian Mbaya yatakambiye itangazamakuru arisaba kudakomeza gutaka abakinnyi be kuko bituma batumva.

Ni nyuma y'umukino wa Shampiyona w'ikirarane cy'umunsi wa 19 wa Shampiyona baraye batsindiwe na Marines i Kigali ibitego 2-1.

Haringingo Francis akaba yagaragaje ko itangazamakuru ari kimwe mu bintu birimo gutuma abakinnyi be bitwara nabi.

Yasabye abanyamakuru ba Siporo kureka gukomeza kubataka cyane kuko bahita bumva ari ibitangaza bagatangira kuzamura intungu ntibamwumve.

Ati "Mfite ikipe y'abakinnyi bakiri bato, namwe ndabasaba kumfasha, mwabagize ibitangaza, bamwe na bamwe mu bakinnyi bari barazamuye urwego basubira hasi kuko bumva ko bagezeyo."

"Abakinnyi bakiri bato ushobora kumwandika ko arimo yitwara neza, akumva yaragezeyo."

Yakomeje agira ati "Mwarabazamuye cyane, reka tubivuge mu mazina yabyo, hari urwego mushyiraho abantu batararugeraho, biradusaba ko dusibiza ibirenge hasi."

"Uburyo twavuzwe mu mikino ibanza twakinnye nk'ikipe tubona amanota, ubu twatangiye kuba abasitari, umupira uca agasuzuguro iyo ushatse kwizamura, umupira urakumanura."

Yavuze ko bari mu bihe batigeze babamo kuko batari bagatsinzwe ibitego 2 mu mikino 3 yikurikiranya, aho yavuze ko n'umunyezamu we James Bienvenue Desire ari mubatakagijwe akaba amaze gusubira inyuma.

Kiyovu Sports imaze imikino 4 ya Shampiyona idatsinda aho yatsinzwemo 2, inganya ibiri. Yatsinzwe kandi na APR FC mu gikombe cy'Amahoro umukino umwe undi barawunganya, bivuze ko imaze imikino 6 yikurikiranya nta ntsinzi.

Haringingo Francis yasabye itangazamakuru kureka gukomeza gutaka abakinnyi be
Abakinnyi be ngo ntibakimwumva



Source : http://isimbi.rw/umutoza-haringingo-yatakambiye-itangazamakuru-ashinja-gutuma-abakinnyi.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)