Militão ashobora kutazakina Igikombe cy'Isi, nyuma yo kongera kugira ikibazo cy'imvune #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Myugariro w'ikipe y'igihugu ya Brazil ndetse n'ikipe ya Real Madrid, Éder Militão, ari mu bihe bikomeye bishobora gutuma atazitabira Igikombe cy'Isi gitaha nyuma yo kongera kugira ikibazo gikomeye ku mvune yari yaragize.

Amakuru yatangajwe na Cope agaragaza ko igisebe cy'aho yabazwe mbere cyongeye gufunguka, ibintu byateye impungenge zikomeye abaganga ndetse n'abatoza b'ikipe y'igihugu ya Brazil. Ibi bishobora gutuma uyu myugariro asubira kubagwa bwa kabiri, ibintu byatuma igihe cye cyo gukira kirushaho kuba kirekire.

Militão yari amaze igihe kinini yivuza nyuma yo kugira ikibazo gikomeye cy'ivi cyatumye amara amezi menshi hanze y'ikibuga. Abafana ba Real Madrid na Brazil bari bamaze kugira icyizere ko azagaruka vuba kandi akazafasha ikipe ye mu marushanwa akomeye ari imbere.

Gusa uku kongera kugira ikibazo bishobora gusubiza inyuma gahunda yose yo kongera kumubona mu kibuga. Abashinzwe ubuzima mu ikipe ya Brazil bavuga ko amahirwe ye yo gukina Igikombe cy'Isi ari mu kaga gakomeye cyane, kandi umwanzuro wa nyuma uzatangazwa mu minsi ya vuba.

Ni inkuru ibabaje cyane ku bakunzi b'uyu mukinnyi, kuko Militão afatwa nk'inkingi ya mwamba mu bwugarizi bwa Brazil. Kubura kwe byaba ari igihombo gikomeye cyane ku ikipe y'Igihugu ishaka kongera kwitwara neza ku rwego mpuzamahanga.

Militão ashobora kutazakina Igikombe cy'Isi, nyuma yo kongera kugira ikibazo cy'imvune



Source : https://kasukumedia.com/militao-ashobora-kutazakina-igikombe-cyisi-nyuma-yo-kongera-kugira-ikibazo-cyimvune/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)