Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rutahizamu ukinira ikipe ya Real Madrid ndetse n'ikipe y'igihugu ya Brazil, Rodrygo Goes, yamaze kubagwa nyuma yo kugira ikibazo gikomeye ku ivi cyatewe n'imitsi y'imbere izwi nka anterior cruciate ligament (ACL) ndetse n'akandi gace ko ku ivi kitwa external meniscus.

Aya makuru yamenyekanye nyuma y'uko uyu mukinnyi w'imyaka 25 ashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko igikorwa cyo kubagwa cyagenze neza, anavuga ko ubu atangiye urugendo rurerure rwo kwiyubaka. Mu butumwa bwe, Rodrygo yagize ati: 'Uyu munsi havutse Rodrygo mushya.' Aya magambo yagaragaje icyizere n'imbaraga afite zo kongera gusubira mu kibuga ameze neza.

Gukomereka ku ivi ni kimwe mu bibazo bikomeye ku bakinnyi b'umupira w'amaguru, kuko bisaba igihe kirekire cyo gukira no kongera gusubira ku rwego rwo hejuru. Abaganga bavuga ko imvune ya ACL akenshi isaba amezi menshi yo kuvurwa no gukora imyitozo yo kongera imitsi imbaraga. Ni yo mpamvu Rodrygo na we biteganyijwe ko ashobora kuzongera kugaragara mu kibuga mu ntangiriro za Mutarama 2027, igihe azaba yararangije gahunda yo kwiyubaka.

Abafana ba Real Madrid ndetse n'abakunzi b'umupira w'amaguru ku Isi yose bamwifurije gukira vuba. Ku mbuga nkoranyambaga, benshi banditse ubutumwa bumwihanganisha ndetse bamwizeza ko bazakomeza kumushyigikira muri uru rugendo rutoroshye.

N'ubwo ari imvune ikomeye, amateka y'umupira w'amaguru agaragaza ko abakinnyi benshi bayikize bakagaruka ku rwego rwo hejuru. Rodrygo na we afite icyizere ko azagaruka mu kibuga afite imbaraga nshya, ubunararibonye n'inyota yo gufasha ikipe ye gutsinda no kongera kunezeza abafana.

Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye

Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye



Source : https://kasukumedia.com/rodrygo-yavuze-ko-yabaye-mushya-nyuma-yo-kubagwa-ivi-rye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)