Inkuru nziza ku bakunzi ba Rayon Sports nyuma y'uko abakinnyi batatu bayo bari bamaze iminsi bafite ibibazo by'imvune batangiye imyitozo.
Abo bakinnyi ni Nshimiyimana Fabrice, Habimana Yves ndetse na myugariro w'Umunya-Senegal, Youssou Diagne.
Youssou Diagne wari inkingi ya mwamba mu bwugarizi bwa Rayon Sports umwaka ushize w'imikino, yagize imvune tariki ya 24 Ukuboza 2025 ubwo iyi kipe yari mu myitozo yiteguraga umukino w'umunsi wa 13 wa shampiyona ya 2025-26.
Rutahizamu Habimana Yves we yagiriye ikibazo cy'imvune y'akagombambari mu myitozo ya Rayon Sports tariki ya 27 Mutarama 2026.
Aba bakinnyi bose bakaba basubukuye imyitozo na bagenzi babo uyu munsi ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026 ubwo ikipe yarimo ikora imiyitozo yitegura umukino w'igikombe cy'Amahoro ifitanye na City Boys ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare 2026.
Uko ari babatu bakaba batangiye gukorera ku ruhande imyitozo yoroheje ntabwo baratangira gukora imyitozo yuzuye bakorana n'abandi.
Source : http://isimbi.rw/inkuru-nziza-kuri-rayon-sports-12683.html