APR yatsinze Police berekeza mu mukino wa kane (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

APR HC yatsinze Police HC ibitego 31-25 mu mukino wa gatatu w'imikino ya nyuma ya Kamarampaka (Playoffs) muri Shampiyona ya Handball, ikazakomeza hakinwa umukino wa kane.

APR HC yaje mu mukino wa gatatu ibizi ko ari ugupfa no gukira, yari ibizi ko kuwutsindwa Police HC ihita ihabwa igikombe kuko yari yatsinze imikino ibiri ya mbere kandi bagomba gutanguranwa imikino 3 muri 5.

APR HC ntabwo yari ifite Nshimiyimana Alex wahawe ikarita itukura ku mukino w'ejo ariko yaherekejwe n'iy'ubururu, bivuze ko hari raporo agomba gukorerwa akaba yahabwa ibindi bihano, ntabwo yagaragaye kuri uyu mukino.

Abasore b'umutoza Bagirishya Anaclet, baje mu mukino barakaye ubona badashaka kuwutsindwa ndetse byanabafashije, Police HC yisanga babinjiranye mu mukino.

Muri iki gice cya mbere, APR HC ibifashijwemo n'umunyezamu Dadua wari uhagaze neza ndetse na Rwamanywa bakunda kwita General watsinze ibitego 7, Brian watsinze 4 bagiye kuruhuka iri imbere n'ibitego 21-11.

Mu gice cya kabiri APR HC yagiye yirinda ko bakuramo ibitego yatsinze, igenda igendana na Police HC.

Mu minota 10 ya nyuma y'umukino, umutoza wa Police HC, Ntabanganyimana Antoine wabonaga yari yamaze kwemera gutsindwa yatangiye kugenda aruhutsa abakinnyi be abategurira umukino wa kane.

APR HC nayo mu minota ya nyuma yagiye igaragaza kwirara bituma ibitego bigabanuka aho mu minota ibiri ya nyuma hari hasigayemo ibitego 6 mu icumi bari bashyizemo by'ikinyuranyo. Umukino warangiye ari ibitego 31 bya APR HC kuri 25 bya Police HC.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino, ejo hazakinwa umukino wa kane, Police HC iwutsinda itwara igikombe, APR HC iwutsinda bakazakina umukino wa gatanu.

Police HC ntabwo yahiriwe n'umukino w'uyu munsi
Petit Stade yasaga neza



Source : http://isimbi.rw/apr-yatsinze-police-berekeza-mu-mukino-wa-kane-amafoto.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)