Cristiano Ronaldo yasabwe kugendera ku mahame y'ikipe ya Al Nassr #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Cristiano Ronaldo ukinira Al Nassr akomeje kuvugwaho imyitwarire idahwitse nyuma yo kugaragaza kutishimira imikorere y'ubuyobozi bugenzura amakipe akomeye muri Shampiyona ya Arabia Saudite. Uyu mukinnyi w'icyamamare ku Isi, bivugwa ko yagiye yanga gukina imikino imwe n'imwe, ashinja ubuyobozi kutita ku ikipe ye nk'uko byakabaye.

Public Investment Fund (PIF), ari nayo igenzura amakipe ane akomeye ariyo Al Nassr, Al Hilal, Al Ahli na Al Ittihad, yasabwe gusubiza ibintu mu murongo no gusobanura ko amahirwe n'ingengo y'imari bihabwa amakipe hashingiwe ku mishinga n'icyerekezo cya buri kipe. Amakuru avuga ko Ronaldo atishimiye ukuntu andi makipe by'umwihariko Al Hilal na Al Ittihad, yahawe ubushobozi bwo kugura abakinnyi bakomeye barimo Karim Benzema, mu gihe Al Nassr we yumva itarashyigikiwe bihagije ngo ihatane ku gikombe cya shampiyona.

Iyi myumvire ni yo bivugwa ko yatumye Ronaldo atagaragara mu mukino Al Nassr iheruka gukina ku wa Mbere, ndetse hakaba hari impungenge ko atazagaragara no mu mukino ukomeye uteganyijwe kuri wa Gatanu, aho Al Nassr igomba guhura na Al Ittihad.

Abasesenguzi ba ruhago muri Arabia Saudite bagaragaza ko n'ubwo Ronaldo ari umukinnyi ukomeye kandi ufite ijambo rikomeye, akwiye kubahiriza amahame n'amategeko y'ikipe akinira, akirinda kwivumbura bishobora guhungabanya umwuka w'ikipe. Ku rundi ruhande, abafana ba Al Nassr barasaba ubuyobozi gushakira umuti iki kibazo vuba, kugira ngo iyi kipe ikomeze guhatanira ibikombe bitayivuye mu biganza.

Cristiano Ronaldo yasabwe kugendera ku mahame y'ikipe ya Al Nassr
Iyi myumvire ni yo bivugwa ko yatumye Ronaldo atagaragara mu mukino Al Nassr iheruka gukina ku wa Mbere



Source : https://kasukumedia.com/cristiano-ronaldo-yasabwe-kugendera-ku-mahame-yikipe-ya-al-nassr/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)