Ikipe y'Igihugu ya Misiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya Handball cyabaga ku nshuro ya 7 inyagiye Tunisia ibitego 37-24, u Rwanda rwasoreje ku mwanya 12.
Uyu munsi tariki ya 31 Mutarama 2026 ni bwo hasojwe igikombe cya Afurika cya Handball cyaberaga kuva tariki ya 21 Mutarama.
Igikombe cyaje kwegukanwa na Misiri itsinze Tunisia ibitego 37-24.
Ni umukino watangiye ibihugu byombi byakaniranye aho igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 2:37' ni mu gihe ikindi cyagiyemo ku munota wa 5 n'amasegonda 56' nacyo cya Misiri, Tunisia nayo yahise itangira gutsinda.
Misiri yakomeje kugenda irusha Tunisia umunota ku munota maze amakipe yombi ajya kuruhuka ari ibitego 17 bya Misiri mu gihe Tunisia yari ifite 10.
Misiri yakomeje kurusha cyane Tunisia iyitsinda ibitego byinshi mu gice cya kabiri aho umukino warangiye ari 37-24. Misiri ihita yegukana igikombe cya Afurika cya Handball cya 2026, ikaba ari nayo yari ifite igikombe giheruka.
Uyu mukino w'umwanya wa nyuma ukaba wabanjirijwe n'uwo guhatanira umwanya 3 waje kwegukanwa na Cape Verde yatsinze Algeria ibitego 29-23.
Angola yaje kwegukana umwanya 5 itsinze Nigeria ibitego 25-20. Maroc yegukanye umwanya wa 7 nyuma yo gutsinda Guinea kuri penaliti 5-4 nyuma y'uko amakipe yombi yanganyije ibitego 33-33.
Mu cyiciro cy'amakipe yahataniraga igikombe cya Perezida "President Cup" (umwanya wa 9-16) ari naho u Rwanda rwari ruri kuko rurabashije kurenga amatsinda, Gabon niyo yacyegukanye itsinze Cameroun.
U Rwanda rwahataniraga umwanya wa 11, rwaje gusoza ku mwanya wa 12 nyuma yo gutsindwa na Congo Brazzaville.
Bénin yasoje ku mwanya wa 13 nyuma yo gutsinda Zambia, ni mu gihe Kenya yasoje ku mwanya wa 15 nyuma yo gutsinda Uganda yasoje ku mwanya wa nyuma.
Source : http://isimbi.rw/misiri-yanyagiye-tunisia-yegukana-igikombe-cya-afurika-u-rwanda-rusoreza-ku.html