Urubyiruko 30% ntirwitabira YouthKonnekt na ArtsKonnekt - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ubutumwa bwatanzwe ubwo umuryango w'urubyiruko uharanira iterambere ridaheza (TICO) wahembaga imishinga myiza y'urubyiruko rwari rumaze amezi atatu ruhugurwa ku buryo bwo kuyitegura neza ikabasha kurubyarira imirimo.

Hahembwe imishinga itanu ya mbere aho uwa mbere wahawe miliyoni 1 Frw indi ihabwa ibindi bihembo.

Umunyamabanga w'Inama y'Igihugu y'Urubyiuruko, Dusenge Grâce yavuze ko kubona urubyiriko mu kwihangira iminshinga ibyara akazi bihuje n'icyerecyezo cy'Igihugu cyo kwihangira imirimo arusaba kurushaho kubyitabira.

Ati 'Ntabwo twavuga ko urubyiruko rudahari kuko hari abitibira ariko turacyafitemo n'abagifite ya myumvire yo kwitinya no kuvuga ngo ariya mahirwe se nanjye nayahabwa. Ubu twongeye imbaraga mu kubegera tubasobanurira ariko haracyabura kwitinyuka kugira ngo bose bumve ko bashoboye kuko ntibaza ku kigero twifuza.'

Ingabire yavuze ko abiyandikisha muri YouthKonnect na ArtsKonnect mu mirenge badahagije bigatuma amahirwe aba agenewe abitabira ayo marushwanwa bose atagera kuri benshi.

Ati 'Navuga ko ubu bitabira nko kuri 70% gusa ubu hari icyizere ko bashobora kuziyongera kuko kwiyandikisha bitararangira.'

Ubusanzwe haba hateganyijwe ko muri ibyo byiciro byombi habonekamo urubyiruko 1000 ruhagarariye uturere twose harimo 500 ba buri cyiciro noneho rugahatana hakavamo uruhagararira Intara n'Umujyi wa Kigali ruza kurushanwa ku rwego rw'Igihugu.

Hatangwa ibihembo by'amafaranga arenga miliyoni 500 Frw ku mishinga ya mbere aho uwa mbere uhabwa miliyoni 10 Frw ndetse indi igatangwaho amahugurwa yo kuyinoza.

Yavuze ko kuva ku itariki 13 Kanama 2025 kugeza ubu hamaze kwiyandikisha 542 bahagarariye uturere kandi bizarangira ku itariki 30 Nzeri 2025. Muri abo harimo 440 bo muri YouthKonnect n'abandi 102 bo muri ArtsKonnect.

Muri ayo marushanwa yombi umwaka ushize abarushanyijwe ku rwego rw'uturere bari 643.

Umuyobozi ushinzwe Imyigishirize n'Iterambere ry'Abakozi bo kwa Muganga muri Minisiteri y'Ubuzima Dr. Nkeshimana Menelas yashimangiye ko urubyiruko rukwiye gukoresha amahirwe yo kuba mu gihugu gifite icyizere cyo kubaho cyiza.

Ati 'Afurika n'u Rwanda bigizwe n'urubyiruko rwinshi tugomba kubashoramo imbaraga zose zishoboka. Mu rwego rw'ubuzima icyizere cyo kubaho ni imyaka 70 ariko icyo dukwiye kwitaho ni icyo dukora muri iyo myaka kandi tukagikora kare kuko imbaraga z'urubyiruko zigira aho zirangirira. Imyaka y'ubuto ni yo umuntu aba afite yo gukora ibintu byinshi agahanga udushya akanakora imyuga ikomeye isaba gushoramo imbaraga zose.'

Umuyobozi Mukuru wa TICO, Habinshuti Égide yavuze ko amahugurwa nk'ayo afasha urubyiruko kumenya kwihangira imirimo no kuyibonera inkunga by'umwihariko ururi mu byiciro bititabwaho cyane kugira ngo na rwo rubashe kugira ubumenyi burufasha kwihangira akazi ntirusigare.

Nkeshimana Menelas yashimangiye ko urubyiruko rwukwiye gukoresha amahirwe yo kuba mu gihugu gifite icyizere cyo kubaho
Umushinga wa mbere wahembwe miliyoni 1 Frw
Umuyobozi Mukuru wa TICO, Habinshuti Égide yavuze ko amahugurwa nk'ayo afasha urubyiruko kumenya kwihangira imirimo no kuyibonera inkunga by'umwihariko ururi mu byiciro bititabwaho cyane
Umunyamabanga w'Inama y'Igihugu y'Urubyiuruko, Dusenge Grâce yavuze ko kubona urubyiriko mu kwihangira iminshinga ibyara akazi bihuje n'icyerecyezo cy'Igihugu ariko ko ubwitabire mu marushanwa y'imishinga budahagije
Urubyiruko rwahuguwe ruri mu ngeri zitandukanye



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-30-ntirwitabira-youthkonnekt-na-artskonnekt

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)