Perezida Chapo ari mu ruzinduko rw'iminsi ibiri mu Rwanda, rusozwa ku itariki ya 28 Kanama, rugamije gushimangira umubano hagati y'ibihugu byombi.
Mu butumwa yanditse mu gitabo cy'abashyitsi ku rwibutso, yagize ati 'Aha ni ahantu ko kuzirikana no kwibuka ubabaye cyane. Twunamye mu cyubahiro cyinshi imbere y'akababaro mwanyuzemo.'
'Amateka yanyu ni urwibutso rukomeye rutwibutsa ko abantu badakwiye na rimwe kwibagirwa ingaruka zishobora guterwa n'amacakubiri. Nyamara kandi, ni n'urumuri rw'icyizere, n'igihamya cy'ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.'
Yavuze ko amahoro u Rwanda rufite uyu munsi ari igisubizo gikomeye kandi bikwiye kubera isomo Afurika n'Isi yose.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali rushyinguyemo Abatutsi barenga ibihumbi 250 bishwe muri Jenoside mu 1994 mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali.





