Mu myaka itanu mu Mujyi wa Musanze hubatswe amagorofa 60 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu mezi atandatu y'umwaka wa 2025 huzuye amagorofa atanu, ndetse hari n'andi ategerejwe.

Yavuze ko babyaje umusaruro amahirwe aboneka mu Karere ka Musanze arimo ubutaka bwera ibirayi, ibishyimbo n'ibigori n'ibindi bihingwa.

Uretse ibyo Meya Nsengimana yavuze ko bafite kandi amakoro atunganywamo amapave n'amakaro, ndetse n'amahirwe y'ubukerarugendo buturuka ku Birunga n'ibiyaga nka Burera na Ruhondo.

Ati 'Bimwe mu byo twagezo mu bijyanye n'ishoramari mu 2024 no mu 2025 dukesha ubufatanye, harimo hoteli ebyiri zubatswe, ziyongera kuri 42 zari zihasanzwe. Uyu mwaka twujuje amagorofa atanu yiyongera kuri 25 twari twatashye umwaka ushize. Amagorofa y'ubucuruzi yubatswe muri iyi myaka itanu agera kuri 60.'

Uyu muyobozi yavuze ko ubu hari andi magorofa 24 arimo kubakwa ndetse azatahwa mbere y'uko 2025 irangira.

Meya Nsengimana yavuze ko kubaka izo nzu byakozwe mu rwego guteza imbere Umujyi ukundwa cyane na ba mukerarugendo.

Yakomeje avuga ko banakataje mu bindi bikorwa b'iterambere birimo inganda zikora inzoga, izikora amapave n'amakaro mu mabuye bakungahayeho cyane yitwa amakoro, ibi byose bikinjiriza iguhugu binyuze mu guha akazi benshi ndetse n'imisoro.

Akarere ka Musanze ni na ko gafite umujyi uri muri itandatu yunganira Umujyi wa Kigali Kigali, kakaba kamaze kugaragaza impinduka zidasanzwe bitewe n'iterambere rimaze kuhagera.

Impinduka zayo zigaragarira by'umwihariko mu bikorwaremezo birimo imihanda, amashanyarazi, amashuri, inyubako z'imiturirwa, amahoteli, amabanki n'ibindi bikorwa by'iterambere.

Ni iwabo w'ubukerarugendo bushingiye ku ngagi zo muri Pariki y'Ibirunga n'ibindi bikorwa bikurura ba mukerarufendo benshi.

I Musanze haboneka kandi amashyamba ya cyimeza agizwe n'ibirimo agashyamba ka Nkotsi na Bikara, ibiyaga bya Burera na Ruhondo, Ubuvumo bwa Musanze n'ibindi bihongerera agaciro hagasurwa cyane.

Kubera umubare utubutse w'abahasura, bituma hoteli n'amacumbi agenda yiyongera, aho kuri buhu habarirwa hoteli zisaga 40 zirimo eshanu z'inyenyeri eshanu, n'andi macumbi muri rusange agera ku 119.

Akarere ka Musanze gafite ubuso bwa kilometero kare 530.2, habariwemo ubuso bwa Pariki y'Ibirunga ingana kilometerokare 160 n'ikiyaga cya Ruhondo na Burera biri ku buso bwa hegitari 2800.

Kabarizwamo ingo zirenga ibihumbi 119 zituwe n'abaturage basaga 476.500 zituye ku bucucike bwa bw'abaturage 1157 kuri kilometerokare imwe, aho abatuye mu mujyi ari 50,8% naho 49,2% bakaba batuye mu cyaro.

Umujyi wa Musanze ni umwe mu yunganira uwa Kigali
Bisate Eco Lodge ni imwe muri hoteli zikomeye i Musanze
Meya w'Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yavuze ko mu myata itanu i Musanze hubatswe amagorofa 60
Singita Kwitonda Lodge and Kataza House ni imwe muro hoteli zigezweho i Musanze
Ibirunga ni bimwe mu bikurura ba mukerarugendo basura Akarere ka Musanze
Wilderness Sabyinyo muri hoteli zikomeje kugira uruhare mu iterambere rya Musanze
Mu myaka itanu ishize i Musanze hubatswe imiturirwa irenga 60
Isoko rigezweho rizwi nka GOICO ni umwe mu miturirwa ikomeje kugira uruhare mu iterambere rya Musanze



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-myaka-itanu-mu-mujyi-wa-musanze-hubatswe

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)