Iburengerazuba: Mu mezi abiri hagaragaye ibirego 20 by'abatemewe amatungo n'imyaka - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu ntara y'Iburengerazuba, SP. Sylvestre Twajamahoro yabwiye IGIHE mu bakoze ibi byaha harimo abafashwe n'abagishakishwa.

Ati 'Mu mezi abiri ashize twagize ibirego 20 by'abaturage batemewe amatungo n'imyaka, bamwe mu babigizemo uruhare barafashwe abandi baratoroka ariko baracyashakishwa.'

Akomeza agira ati 'Ibi bikorwa bibi, biraduhangayikishije, kandi Polisi ntizihanganira abakibyishoramo, bakwiriye kubyirinda kuko ababifatiwemo babihanirwa n'amategeko (Nibacire birarura).'

SP. Twajamahoro yahamije ko ibi byaha muri aya mezi abiri ashize byiganje mu Karere ka Karongi, kandi ibyinshi bikomoka ku makimbirane yo mu miryango.

Amakuru agera kuri IGIHE ni uko mu rugo rwa Mukeshimana Vincent w'imyaka 39, wo mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Mushonyi, Akagari ka Kaguriro ho mu mudugudu wa Ryarwasa, ku isaha ya 23h50' mu ijoro rya tariki 26 rishyira 27 Kanama 2025 yatemewe inka.

Inka y'uyu muturage yatemwe ku kaguru k'inyuma ku mutsi ikomoka ku nka yahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, ndetse Ubuyobozi bwahageze bwemeza ko itakira igomba kubagwa.

Nyuma y'uko ibi bibaye hafashwe abaturage babiri barimo umugabo w'imyaka 54, waketswe kubera ko yari amaze iminsi amubwira ko amwahirira ubwatsi ko azamwereka.

Hanafashwe undi w'imyaka 46, kubera ko mu minsi yashize yigeze gutumira Mukeshimana Vincent yagerayo bakamukingirana mu nzu bakamukubita.

Abakekwaho gutema inka ya Mukeshimana, kuri ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango.

Inka ziri mu matungo yatemwe cyane Iburengerazuba



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburengerazuba-mu-mezi-abiri-hagaragaye-ibirego-20-by-abatemewe-amatungo-n

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)