Abarenga 2000 batsinze neza ibizamini bya Leta mu cyiciro rusange bagiye kwishyurirwa muri TVET - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iyi ni gahunda iterwa inkunga na Guverinoma y'u Budage, igamije gufasha abana 4000, kugeza ubu yafashaga abana 1803.

Abana bazahabwa ubufasha hagendewe ku manota bagize mu kizamini cya leta gisoza icyiciro rusange ndetse n'imibereho y'imiryango yabo, kuko iyi gahunda igamije gufasha abana baturuka mu miryango idafite amikoro ahagije, nk'uko umuyobozi mukuru wa RTB, Paul Umukunzi yabivuze.

Ati 'RTB izahitamo abanyeshuri bashyizwe mu myanya na NESA, hashingiwe ku manota yabo yo mu ishuri ndetse n'imibereho y'imiryango yabo.'

Abanyeshuri bazahabwa buruse bazahitamo gukurikira amwe mu masomo 14 yo muri TVET bemerewe arimo ubuhinzi, ubuzima bw'amatungo, electronic n'itumanaho ( Telecommunication), ibijyanye n'inganda, amashanyarazi, gutunganya impu, imbaho, amashyamba, amazi, ibiribwa n'ibindi.

Aba bana kandi baziga mu bigo birenga 40 byatoranyijwe na RTB.

Iyi gahunda yo gufasha abana baturuka mu miryango itifashije ariko batsinze neza amasomo mu cyiciro rusange, yatangiye mu 2023 hagamijwe guha aba bana amahirwe yo kwiga ariko hanatezwa imbere amashuri ya Tekiniki, Imyuga n'Ubumenyingiro(TVET).

Abanyeshuri barenga ibihumbi 2000 bitwaye neza mu kizamini cya leta gisoza icyiciro rusange bagiye gufashwa kwishyurirwa amashuri ya TVET



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-2000-batsinze-neza-ibizamini-bya-leta-mu-cyiciro-rusange-bagiye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)