Kamonyi: Site ikosorerwaho ibizamini bya Leta yafashwe n'inkongi y'umuriro - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Nyakanga 2025, mu Mudugudu wa Nyagatare, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi, mu ishuri ryitwa ES Marie Adélaide de Gihara, ryafashwe n'inkongi y'ingo y'umuriro ihereye mu bubiko bw'ibikoresho bitandukanye birimo n'ibishaje.

Abahaye amakuru IGIHE bavuga ko iyi nkongi yahereye mu gikoni cy'iri shuri, ikomeza igana muri ubwo bubiko butangira gushya.

Umuriro ukizamuka, abari aho barimo na bamwe mu barimu bahacumbitse baje kuhakosorera, bahise batabaza inzego z'umutekano ziza kuzimya uyu muriro utarangiza byinshi birimo n'impapuro z'ibizamini by'abana bitegereje gukosorwa.

Umukozi w'Umurenge Ushinzwe Imari n'Ubutegetsi mu Murenge wa Runda, Ukwishatse Francine, yavuze ko iyi site iri gukosorerwaho ibizamini yafashwe n'inkongi y'umuriro, ihereye mu gikoni ikomereza mu bubiko bwabagamo ibikoresho bishaje, ariko ntiyabasha kugera ahari ibizamini byakosorwaga.

Ati ''Ntacyo byangije ku mirimo iri kuhabera, ndetse n'abakosora ni bo bagize uruhare mu gufasha inzego z'umutekano gufasha mu kuhazimya, ariko ibintu biracyari mu buryo n'imirimo irakomeza nta kibazo.''

Inkongi z'umuriro zirahanze muri iyi minsi, aho zidasiba kwibagira ibikorwa bitandukanye, ahibukwa mu Karere ka Kamonyi ha vuba, ni mu Kigo Nderabuzima cya Musambira cyo Murenge wa Musambira, cyahiye muri Werurwe 2025, kigakongoka ndetse hakangirika byinshi.

Abantu bahise batabara ngo bahoshe umuriro
Umuriro wari mwinshi ariko ku bw'amahirwe nta bizamini byangiritse



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-site-ikosorerwaho-ibizamini-bya-leta-yafashwe-n-inkongi-y-umuriro

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)