Iyi kaminuza iri gutanga izi buruse binyuze mu bufatanye ifitanye n'Ikigo Shaba Ventures & Tours gikorera mu Rwanda.
Ni buruse ziri gutangwa mu masomo y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza n'icya gatatu mu mashami y'ubuvuzi nka Optometry , Radiography, Imaging Technology, Dialysis Technology n'andi harimo Engineering n'ibijyanye n'ubwenge buhangano.
Amafaranga y'ishuri yose umunyeshuri wemerewe umwanya arayishyurirwa mu myaka yose. Umunyeshuri asabwa amafaranga make yo kumufasha mu mibereho ku ishuri yishyurwa mu byiciro bibiri kugira ngo biborohere.
Shaba Ventures & Tours ni yo ifasha abanyeshuri bashaka kwiga muri iyi kaminuza kwiyandikisha ndetse ikanabashakira ibyangombwa by'inzira.
Izo buruse zitangwa kabiri mu mwaka aho icyiciro kimwe kizagenda muri Kanama 2025 ikindi kikazagenda mu Ukuboza 2025 ndetse kwiyandikisha ubu byaratangiye.
Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa muri Shaba Ventures & Tours, Abayisenga Julia, yabwiye IGIHE ko Royal Global University isanzwe ifitanye imikoranire n'icyo kigo yo kwishyurira abanyeshuri igice cy'amafaranga y'ishuri ariko ubu hakaba hatewe intambwe yo kubishyurira yose.
Yagize ati 'Iyi kaminuza twari dusanzwe dukorana aho yishyuriraga abayeshuri banyuze iwacu 75% by'amafaranga y'ishuri. Gusa mu bo yishyuriraga buruse 100% Abanyarwanda ntabwo babaga barimo. Twagiranye imikoranire na bo babongeramo. Ubu bashobora kwiga ariya masomo bishyuriwe byuzuye.'
Abayisenga yongeyeho ko Shaba Ventures & Tours iherekeza abayeshuri bamaze kwemererwa aho iturukana na bo i Kigali bakagerana ku ishuri ku buryo nta mpungenge ababyeyi bakwiye kugira ku ngendo zabo.
Ikindi cy'akarusho ni uko mu rwego rwo kwita ku banyeshuri biganjemo abanyamahanga, mu mafaranga make abafasha mu mibereho bishyura, iyo kaminuza ibahamo amacumbi,amafunguro n'ubuvuzi
Umunyeshuri ushaka gusaba kwiga muri Royal Global University muri ubu buryo bwo kwishyurirwa 100% by'amafaranga y'ishuri ajyana impamyabumenyi y'amashuri yisumbuye cyangwa iy'icyiciro cya kabiri cya kaminuza aho Shaba Ventures & Tours ikorera, noneho ubusabe bwe bukoherezwa muri iyi kaminuza.
Shaba Ventures & Tours ikorera mu Kiyovu kuri Hotel Sainte Famille ndetse ifite n'ishami i Musanze hafi ya La Paillote.
Ibyo nta kiguzi bisaba kuko umunyeshuri iyo amaze kwemererwa umwanya muri Royal Global University, ikigo Shaba Ventures & Tours kimufasha gushaka ibyangombwa by'inzira.
Iyo ibyangombwa by'inzira bidahise biboneka kandi umunyeshuri yaramaze kwishyura amafaranga ye, arayasubizwa akazongera kugerageza amahirwe mu kindi cyiciro.
Ushaka kubavugisha abo Shaba Ventures & Tours ashobora no kunyura kuri aha cyangwa ugahamagara 0794279420.
