Bakobwa, ntukemere kubyarana n'umugabo utaragira imyaka 35 ! Umukobwa w'uburanga yagiriye inama bagenzi be #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukobwa w'uburanga wo mu gihugu cya Kenya witwa Huddan Monhoe usanzwe akora ubucuruzi ndetse akaba yarabigize umwuga, yafashe umwanya maze agira inama abakobwa ko badakwiye kwemera gukora cyangwa kubyarana n'umugabo mu gihe bataragira imyaka 35, mbese kuri we avuga ko umukobwa akwiye kumanza gushishoza mbere yo kwemera kubyarana n'umugabo.

 

Nkuko uyu mukobwa uhagarariye ikigo gishinzwe gucuruza ibijyanye n'imikufi ndetse n'ibindi abagore Bose bambara ngo barimbe, yavuze ko kubyara umwana vuba bishobora kubera imbogamizi ku mukobwa iyo abyaranye n'umugabo atazi atizeho mbese ngo yige umugabo ku buryo buhagije.

 

Yakomeje avuga ko n'imyaka 10 yashira ubana n'umugabo utaremera ko mubyarana ariko ukiri kumwiga mbese ureba Niba umugabo mubana Ari umugabo nyawe ukwiye kukubera papa w'abana bawe ndetse ko uwo mugabo muzabana mugafatanya kurera abo bana.

 

Ibyo byose uyu mukobwa abivuze nyuma Yuko hirya no hino isenyuka ry'ingo rikomeje kwiyongera, aho umukinnyi wa filime wabigize umwuga wo muri America witwa Keke Palmer aherutse gushwana na se w'umwana we Darius Jackson mu minsi mike ubwo uyu mugore yari amaze igihe gito yibarutse umwana.

 

Nibwo uyu mukobwa wo mu gihugu cya Kenya yahise yandika ku rukuta rwe rwa Instagram avuga ati' sindabyumva neza ngo menye impamvu zibitera, kubera iki iyo abantu bamaze kubyarana bahita bashwana!??'Yashise aboneraho umwanya maze agira inama abakobwa agira ati'bakobwa bato ntuzemere kubyara utaragira imyaka 35.

 

Ntukihutire kubyara ngo uzane uwo mwana mu bibazo byawe, 90% byabagore benshi ni abagore babyaye batabana n'abagabo Kandi ataruko bahisemo ko bigenda gutyo abandi bagore babana n'abagabo ariko bakabaho nkaho batagira abagabo. Rero mufunge amaguru yanyu kugeza igihe ushobora kwiyitaho wowe ubwawe 'Mu mwaka wa 2021 uyu mukobwa Huddan Monhoe yavuze ko yiteguye kubyarana n'umugabo ariko umugabo akamanza kumwishyura.

 

Yavuzeko ko kugira ngo yemere kubyarira umugabo agomba kumwishyura amafaranga menshi angana na 1,000,000 yamama dollar ya America ni ukuvuga arenga miliyali y'amafaranga y'uRwanda.

Abantu benshi bakomeje kuvuga ko uyu mukobwa yavuze amagambo nyayo ndetse bavuga ko bemeranya nawe cyane

Umwanditsi: Byukuri Dominique

Source: News Hub Creator

The post Bakobwa, ntukemere kubyarana n'umugabo utaragira imyaka 35 ! Umukobwa w'uburanga yagiriye inama bagenzi be appeared first on The Custom Reports.



Source : https://thecustomreports.com/bakobwa-ntukemere-kubyarana-numugabo-utaragira-imyaka-35-umukobwa-wuburanga-yagiriye-inama-bagenzi-be/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)