Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uwavukiye muri Kenya agakurira mu Bwongereza usanzwe asiganwa ku magare, yaraye yemejeko azitabira isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda rizwi nka Tour du Rwanda ari kumwe n'ikipe ye ya Israel Prem-Tech.

Binyuze ku rubuga twa Twitter y'abashinzwe gutegura Tour du Rwanda, bagaragaje ko uyu mukinnyi azitabira iri siganwa rizaba mu mpera za Gashyantare 2023.

Mu mashusho yashyizwe hanze, Chris Feoom yagize ati 'Nishimiye kubamenyeshako nzasiganwa mu irushanwa rya Tour du Rwanda riteganyijwe mu kwezi gutaha kwa Gashyantare, ni nyuma y'igihe kinini ntagaruka ku mugabane wa Afurika'.

Christopher Clive Froome w'imyaka 37 y'amavuko, yavukiye mu gihugu cya Kenya tariki ya 20 Gicurasi 1985, uyu mugabo kandi unafite ubwenegihugu bw'u Bwongereza yatwaye Tour de France enye mu bihe bitandukanye.

Nkuko amateka abigaragaza uyu mugabo yatwaye isiganwa rya mbere ku isi, ubwo ni irya Tour de France mu mwaka wa 2013, 2015, 2016 na 2017.

Mu bindi bihembo bikomeye yatwaye harimo isiganwa rya  Giro d'Italia ya2018,La Vuelta a España incuro ebyiri 2011 na 2017. Uyu kandi yanatwaye andi masiganwa mu ruce dutandukanye ubwo yakinaga ari mpuzamahanga.

Chris watwaye imidali ibiri y'Ifeza muri shampiyona y'isi ya 2012 na 2016 n'undi w'Umuringa muri 2017 azitabira Tour du Rwanda izatangira kuya 19 kugeza kuya 26 Gashyantare 2023.

The post Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023 appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/chris-froome-watwaye-tour-de-france-enye-yemeje-ko-azitabira-tour-du-rwanda-isiganwa-rizazenguruka-igihugu-muri-gashyantare-2023/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=chris-froome-watwaye-tour-de-france-enye-yemeje-ko-azitabira-tour-du-rwanda-isiganwa-rizazenguruka-igihugu-muri-gashyantare-2023

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)