U Rwanda rwavuze ku bushotoranyi bwa Tshisekedi watutse Abanyarwanda, akigamba intambara - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Tshisekedi warebye uyu mukino muri stade, ndetse ikipe ya RDC ikora amateka yo kunganya na Portugal no kubona inota rya mbere mu Gikombe cy'Isi yitabiriye bwa kabiri. Yagiherukagamo mu myaka 52 ishize.

Kuri Tshisekedi, ntiwari umwanya wo kwishimira amateka Les Léopards yanditse yo gutsinda igitego bwa mbere mu Gikombe cy'Isi, ahubwo yahisemo guhura n'Abanye-Congo baba muri Amerika ababwira ibijyanye na politiki.

Tshisekedi yavuze ko bijyanye n'uko igihugu cyabo kiri mu ntambara, abakinnyi babo bakoze ibitangaza kuko hari abatekerezaga ko bazagorwa n'abarimo rutahizamu Cristiano Ronaldo uri mu bakomeye ku Isi, ariko ko bagaragaje ko bashobora kwihagararaho.

Asobanura iby'iyi ntambara, Tshisekedi yavuze ko Leta ya RDC yatahuye abagambanyi bakorana n'ihuriro AFC/M23 rigenzura igice kinini cy'uburasirazuba bw'igihugu, asobanura ko ngo yibwiraga ko baba mu Rwanda gusa ariko ngo yasanze baracengeye n'i Kinshasa.

Ati 'Ntimuzemere kugambanira igihugu cyanyu. Abarozi babaho. Twatekerezaga ko baba mu Rwanda gusa ariko baraducengeye.'

Tshisekedi yavuze ko nyuma y'ubutegetsi bwa Mobutu Sese Seko, RDC yabonye umuyobozi mwiza, Laurent-Désiré Kabila ariko ko nyuma abo yise abanzi binjiye mu gihugu cyabo bamukuraho, bishyiriraho uwo yise imbwa, bayitoza ibyo bashaka.

Uretse kwibasira Joseph Kabila, Tshisekedi yabwiye Abanye-Congo baba muri Amerika mu gihe cya vuba bazisubiza Umujyi wa Goma n'uwa Bukavu zimaze igihe kirenga umwaka zitagenzura.

Ati 'Mfite icyizere ko mu minsi iri imbere, Congo yose izabohorwa. Abavandimwe na bashiki bacu i Goma na Bukavu barishimye, tuzaba turi kumwe. Abanzi baracengeye, kandi uyu munsi twarize, tuhakura isomo. Ubu tugomba kubaka ikintu gikomeye.'

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo abinyijije kuri X yavuze ko Ikipe y'Igihugu ya RDC (Les Léopards) yahaye ibyishimo byinshi Abanyafurika ariko Tshisekedi agahitamo kubidobya atuka Abanyarwanda n'abenegihugu.

Ati 'Les Léopards yashimishije Afurika mu mukino wabo wa mbere w'Igikombe cy'Isi. Perezida Tshisekedi yahisemo kudobya ibi bihe atuka Abanyarwanda n'Abanye-Congo, n'ubutaka bwa Amerika, yigamba gukomeza kugaba ibitero mu Burasirazuba bwa RDC. Tshisekedi yifashishije ibikorwa bikomeye by'imikino mu nyungu za politiki iciriritse, ndetse amagambo ye y'ubushotoranyi agaragaza ukutubaha no kutemera amasezerano ya Washington n'intego zayo.'

Amasezerano yasinywe hagati y'u Rwanda na RDC ku wa 4 Ukuboza 2025, ateganya ibyo gusenya umutwe w'iterabwoba wa FDLR, bikozwe n'ingabo za RDC, byamara gukorwa u Rwanda rugakuraho ingamba z'ubwirinzi. Harimo kandi ingingo yo gucyura impunzi.

Mu bikorwaremezo, byitezwe ko u Rwanda na RDC bizongera imbaraga mu bufatanye mu kubaka urugomero rwa Rusizi III ruzatanga megawatt 206 z'amashanyarazi, rucanire abaturage barenga ibihumbi 300. Biteganyijwe ko ruzuzura mu 2030 rutwaye miliyoni 800$.

Hari kandi ibijyanye n'amabuye y'agaciro, aho u Rwanda na RDC bizajya mu cyiciro kirenze kuyacukura, biyatunganye kuko ari bwo yagirira inyungu abaturage bo mu karere, kandi ko hazajyaho amategeko ahuriweho ajyanye n'umutekano w'ubucuruzi bwayo.

Amasezerano ya Washington kandi ateganya ko ibihugu byombi bizifatanya gukura Gaz Méthane muri iki kiyaga, biyitunganyemo ingufu z'amashanyarazi. Icyakora nubwo ayo masezerano yasinywe ku ruhande rwa RDC bisa n'aho yabaye amasigaracyicaro.

Guverinoma y'u Rwanda ihamya ko ibihugu byombi bifite amahirwe menshi byabyaza umusaruro, akabifasha kwirinda amakimbirane. Yizera ko habayeho ubufatanye buteganywa mu masezerano ya Washington, akarere kagira amahoro arambye.

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Perezida Tshisekedi utubaha amasezerano ya Washington akigamba kurasa mu Burasirazuba bwa RDC



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwavuze-ku-bushotoranyi-ba-tshisekedi-watutse-abanyarwanda-akigamba

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)