Maj Gen Albert Murasira mu bitabiriye Car Free Day (Amafoto) - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukwakira 2021 nibwo abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bazindukiye muri Car Free Day iba kabiri mu kwezi.

Maj Gen Murasira ni umwe mu bayobozi bakunze kwitabira iyi siporo ngarukakwezi. Uretse Maj Gen Albert Murasira yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard.

Bitandukanye na mbere, kuri ubu iyi siporo ikorwa hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19 nko guhana intera.

Siporo rusange ya Kigali Car Free Day yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza; gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa ku buntu.

Ku ikubitiro iyi siporo yatangiye ikorwa rimwe mu kwezi ariko Mu ntangiriro za 2018 Perezida Paul Kagame aza gusaba ko yajya iba kabiri mu kwezi; ishyirwa ku Cyumweru cya mbere n’icya gatatu by’ukwezi.

Maj Gen Albert Murasira ni umwe mu bitabiriye Car Free Day
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard yifatanyije n'abatuye uyu mujyi gukora siporo
Iyi siporo aba ari umwanya wo kwidagadura ku bato
Iyi siporo ikorerwa mu bice bitandukanye by'Umjyi wa Kigali
Iyi siporo yitabirwa n'abantu b'ingeri zitandukanye
Amagare ya Guraride yatangiye kwifashishwa muri iyi siporo



source : https://ift.tt/2XoqYt0
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)