Hari imyitwarire abagore bagora mu ngo zabo igatuma umugabo ashobora kumutakariza icyizere akaba yanamuta mu buryo butandukanye bitewe n'imiyitwarire itari myiza y'umugore.
Urubuga Elcrema dukesha iyi nkuru rwatangaje ko guta umugore uko ariko kose gushobora guturuka ku myitwarire y'umugore idahwitse, umugabo yaba adashobora kuyihanganira agata umugore akoresheje uburyo bumwe mu bwo twabonye haruguru;
Dore imwe muriyo:
1.Guhora uri gushoza intambara
Umugore uhora avugira hejuru, agahora ashaka gushotora umugabo we nawe aba agwisha umugabo we mu mutego wo kumuta. Umugore ushaka kurambana n'umugabo we ntabwo avugira hejuru cyangwe se ngo ahore amushotora ku kantu ako ariko kose.
2.Kwigira umuyobozi w'ibintu byose
Mu gihe mwabivuganyeho n'umugabo wawe ko ari wowe uzajya ugenzura ibintu ushobora kubikoa nta kibazo. Ariko niba mutarabivuganye ugahora ugenzura byose, amafaranga yasohokanye mu mufuka ukaba urayazi, yagaruka ukajya kubara ayo yagarukanye, icyo gihe uba utuma agutakariza icyizere.
3.Kugaragaza gukunda amafaranga kurusha uwo mwashakanye
Ari abagore ari n' abagabo ntawavuga ko adakunda amafaranga. Gusa iyo birenze urugero ukabona ko umuntu atekereza amafaranga kurusha uwo bashakanye bitera uwo mwashakanye kukugabanyiriza icyizere. Hari nk'abagore bagaragariza abagabo babo urukundo mu gihe baziko bafite amafaranga yaba yatangiye gushira umushiha ukaba ariwo ubaranga. Icyo gihe uba ugaragaza ko ukunda mafaranga kurusha uko ukunda umuntu.
4.Guhora uganya
Umugore uhora mu maganya akaba ari intashima ntabwo arambana n'umugabo we. Niba uziko umugabo wawe upfa kumubona ukamwakiriza amaganya, ukaba nta kintu na kimwe ujya umushimaho menya ko uba umutera umutima mubi wo gutangira kujya kure y'urukundo rwanyu.
Source : https://yegob.rw/dore-imyitwarire-igitsina-gabo-cyidakunda-kuba-bagore-babo/