Uko gahunda yo gukura ikiriyo no gufasha umuryango wa Jay Polly iteye. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma y'icyumweru Jay Polly aherekejwe mu cyubahiro, kuri uyu wa 11 Nzeri 2021 ni bwo hateganyijwe umuhango wo gukura ikiriyo, uzabera mu rugo rwe yari afite i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali.

Gahunda yasohowe n'umuryango wa Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly mu muziki, igaragaza ko umuhango wo gukura ikiriyo uzatangira saa Yine za mu gitondo.

Uzabimburirwa n'urugendo rugana ku Irimbi rya Rusororo ahazashyirwa indabyo ku mva ya nyakwigendera. Saa Munani z'amanywa ni bwo abatumiwe bazakirirwa mu rugo kwa nyakwigendera i Kibagabaga, ahazanabera amasengesho, hakabaho no gusangira ifunguro.

Nyuma yo kwiyakira, hazakurikiraho guha impano abana Jay Polly yasize, hanyuma ikiriyo gisozwe ku mugaragaro.



Source : https://yegob.rw/uko-gahunda-yo-gukura-ikiriyo-no-gufasha-umuryango-wa-jay-polly-iteye/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)