Riderman yongeye gukora ikintu gikomye k'Ubisumizi nyuma y'imyaka 7 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibisumizi ni imwe muri studio yakorewemo indirimbo zakunzwe hagati ya 2012 na 2014 ndetse yafashije abahanzi batandukanye kuzamura amazina yabo.

Muri abo harimo Ama G The Black, Oda Paccy, Queen Cha, M Izzo n'abandi batandukanye.

Mu mpera za 2013 nibwo ibibazo muri iyi studio yakoreraga mu gace kazwi nka Tarinyota mu Biryogo, i Nyamirambo. Ibi byari bishingiye ku myitwarire itari myiza y'aba producer bavugwagaho gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no kutishura imisoro.

Ibyuma byari mu Bisumizi Riderman yarabiapkiye abijyana iwe, studio arayifunga, zimwe mu ndirimbo ze akajya azitunganyiriza mu rugo.

Nyuma y'imyaka irindwi, Ibisumizi bigeye kongera gufungura imiryango nk'uko amakuru Umuryango ! ifite abyemeza.


Iyi Studio izaba ikorera i Gikondo, yitezweho gufasha abahanzi bafite impano gusa ntabwo bazaba bacungirwa inyungu n'Ibisumizi.

Ahazakorera iyi studio kandi hazaba harimo n'ibindi bikorwa by'ubucuruzi.



Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/riderman-yongeye-gukora-ikintu-gikomye-k-ubisumizi-nyuma-y-imyaka-7

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)