U Rwanda rugiye kwakira icyicaro gikuru cya Africa E-Trade Group - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

U Rwanda rwemejwe nk’icyicaro gikuru cy’iki kigo muri Afurika mu gihe Ethiopia yagizwe icyicaro gikuru cy’icyo gihugu mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Africa E-Trade Group ni ikigo cyatangijwe ndetse kikanayoborwa na Mulualem Syoum, kikaba gifite andi mashami mu Bwami bwa Eswatini ndetse no muri Afurika y’Amajyepfo na Repubulika ya Guinea muri Afurika y’Uburengerazuba.

Iki kigo gikorana n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gifite intego yo kongera umutekano mu by’ikoranabuhanga, kongera imikoranire hagati y’ibigo bitumiza bikanohereza ibicuruzwa hanze ya Afurika, guteza imbere ikoranabuhanga no guhanga udushya ku Mugabane wa Afurika, koroshya ihererekanya ry’amafaranga n’ibindi.

Ubuyobozi bw’iki kigo buvuga ko mu 2023, buzaba bumaze guhanga imirimo 12.000, mu gihe 50% byayo izahabwa abagore.

Umujyi wa Kigali ugiye kwakira icyicaro gikuru cya Africa E-Trade Group



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)