Kayonza: Umusozi wa Rwinkwavu wafashwe n’inkongi, benshi barakangarana - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 21 Nyakanga 2021, ahagana saa Tatu z’ijoro mu Mudugudu wa Rwinkwavu mu Kagari ka Nkondo mu Murenge wa Rwinkwavu.

Ndahiro Samson usanzwe ari umukozi w’Ibitaro bya Rwinkwavu, yabwiye IGIHE ko ubwo bari mu kazi bumvise abaturage bavuza induru mu gusohoka batabaye bagasanga ku musozi uri ruguru gato y’ibitaro umuriro uri kwaka.

Yagize ati “Ntabwo turamenya icyateye uyu muriro ariko nta muntu wahagiriye ikibazo, igice cyahiye ni icy’ishyamba ryari ritewe vuba ku butaka bwa Leta. Aho turi ubu tumaze kuhazimya dufatanyije n’abaturage, ikindi gice gisigaye nacyo kukizimya bigeze kure.’’

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Murekezi Claude, yabwiye IGIHE ko uyu muriro watewe n’urugomo rwa bamwe mu baturage batwitse ishyamba.

Yagize ati “Hahiye nka hegitari ebyiri, gusa kuhazimya twabirangije. Byatewe n’abaturage batwitse tutaramenya, aho batwitse ni ku musozi wa Leta hari hasanzwe hari ishyamba, turakeka babikoreye urugomo kuko nta kazi bahakoreraga.’’

Yakomeje avuga ko kuri ubu bagiye gushakisha ababigizemo uruhare bakabihanirwa kuko ngo urugomo nk’urwo rudasanzwe rumenyerewe muri aka gace.

Rwinkwavu ni umwe mu mirenge ibarizwamo igice gicukurwamo amabuye y’agaciro kuva ku gihe cy’ubukoloni kugeza na n’ubu, benshi mu bahatuye usanga ari nabyo bikorwa bibatunze kuko bitanga amafaranga ku miryango yabo.

Uyu muriro watwitse ishyamba rya Leta ariko nta muturage wahitanywe n'iyi nkongi
Abantu bataramenyekana bateje inkongi ku musozi wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)