Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddyboo ku mbuga nkoranyambaga, yateye urwenya abakunzi be ku gitego kapiteni w'ikipe y'igihugu y'Ubwongeleza Harry Kane yatsinze ateye penelite, bamwe batangira kwiyumvira igishegu.
Ikipe y'u Bwongereza yabonye itike y'umukino wa nyuma mu irushanwa rya Euro rimaze iminsi riba ku mugabane w'u Burayi.
Shaddyboo usanzwe ari umunyarwenya ku mbuga nkoranyambaga kubera ibitekerezo akunze gushyirao, yagize icyo avuga kuri kiriya gitego, ati 'Ngo ayikuramo, arongera ayisubizamooooo Harry kane.'
Ni igitekerezo cyatumye benshi basusuruka ku mbuga nkoranyambaga kubera imvugo yakoresheje isa nk'ishotorana iganisha ku bikorwa by'abakuze.
Umunyamakuru Ramesh Nkusi na we ukunze kwisanzura kuri Twitter, yahise agira ati 'Inki se ? [abaza iyo Shaddyboo yavuze ko yayikuyemo akayisubizamo]'
Undi na we witwa Ndayisaba Jean de Dieu (Professional Driver) Ati 'Yewe hari imvugo zijya zincanga kandi ngo ubu ngo ni ukuzimiza da ?'
Naho Nana Batinya ati 'Ayikuyemo se itagiyemo ? Wigeze uyibonamoo ?'
Naho Kimasa ati 'ESE wowe ibintu byose ubibonamo kuyikuramo no kuyisubizamo !!! Burya koko umuntu arota ibyo akunda.'
Iki gitego cya kapiteni Harry Kane nicyo cyahesheje ikipe y'Abongeleza itike yo gukina unukino wanyuma wa EURO 2020, kuko byarangiye itsinze ibutego 2-1 Darnmark.
Ni igitego cyabonetse bigoranye ku ikosa ryakorewe Rahim Stelling mu rubhga rw'amahina umusifuzi yemeza penalite yahawe Harry Kane.
Ubwo yayiteraga umuzamu yabanje kuyikuramo arayiruka undi nawe ayisubizamo kijyamo ari nabyo Shaddyboo yagendeyeho asetsa abantu be.
Uyu mugore ukunzwe na benshi ku mbuga nkoranyambaga, asanzwe azwiho gutera urwenya by hato na hato.
ShaddyBoo ubusanzwe ni umugore w'abana babiri b'abakobwa yabyaranye na Mddy Saleh uzwiho gutunganya amashusho y'abahanzi.Meddy Saleh na Shaddyboo batandukanye muri 2016.
Muri Gicurasi mu mwaka wa 2020, ubwo ShaddyBoo yaganiraga n'abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga abajijwe niba yasubirana na Meddy Saleh, uyu mukobwa yavuze ko ntacyo yabivugaho, gusa muri 2019 yari yatangaje ko gusubirana kwabo bitashoboka, gusa ahamya ko amukunda kuko amukundira abana be.