Police FC yasinyishije abakinnyi batatu (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Police FC yasinyishije abakinnyi batatu bashya bagomba kuza kongera imbaraga bakayifasha kwegukana shampiyona.

Police FC yasoje imikino ibanza ya shampiyona aho ifite amanota 34 ku mwanya wa 2 inyuma ya Al Hilal ifite 35, APR FC ibura umukino umwe ifite 33.

Police FC ikaba yasinyishije abakinnyi batatu barimo myugariro ukomoka muri Nigeria, Isaac Ezeh na rutahizamu Rudasingwa Prince bavuye muri AS Kigali. Yasinyishije kandi umukinnyi wo hagati Nshimirimana Ismail Pitchou ukomoka i Burundi utari ufite ikipe aho aheruka muri APR FC.

Iyi kipe irimo gukora ibishoboka byose ngo irebe ko yatwara igikombe cya Shampiyona yatandukanye na Eric Ssenjobe bivugwa ko ishobora kurekura abarimo Ndizeye Samuel na Henry Musanga wagiye mu igeragezwa.

Isaac Ezeh ni yakiniraga AS Kigali, ubu yerekeje muri Police FC
Rudasingwa Prince yavuye muri AS Kigali
Pitchou ni umukinnyi wa Police FC



Source : http://isimbi.rw/police-fc-yasinyishije-abakinnyi-batatu-amafoto.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)