Kuri uyu wa Gatandatu APR FC yujuje umubare w'abakinnyi 6 bashya imaze gusinyisha, ni nyuma yo gusinyisha batatu barimo Karera Hassan, Mugisha Bonheur na Nsengiyumva Ir'shad.
Karera Hassan akaba yasinye imyaka 2 avuye muri AS Kigali aho agiye gusinbura Mutsinzi Ange Jimmy utazakomezanya n'iyi kipe mu mwaka utaha w'imikino.
APR FC kandi yasinyishije umukinnyi wo hagati, Mugisha Bonheur wakiniraga Mukura VS ariko akaba yari intizanyo ya Heroes FC. Iyi kipe kandi yasinyishije imyaka 2, NSengiyumva Ir'shad wakiniraga ikipe ya Marines.
Aba bakinnyi bakaba biyongera kuri Nsabimana Aimable, Mugisha Gilbert na Kwitonda Alain Bacca baheruka kuyisinyira.
Iyi kipe y'ingabo z'igihugu ikomeje kongeramo amaraso mashya mu rwego kwitegura imikino nyafurika ya CAF Champions League izahagarariramo u Rwanda.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-imaze-gusinyisha-abakinnyi-6