Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri -

webrwanda
0

Umukuru w’Igihugu yayoboye iyi Nama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

Abagize Guverinoma baherukaga guterana ku wa 5 Gicurasi 2021, mu nama yafatiwemo imyanzuro irimo ivugurura ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, aho uturere tw’lntara y’Amajyepfo twa Ruhango, Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe twashyiriweho umwihariko ku bijyanye n’amasaha yo gukora ingendo.

Abagenda n’abatuye muri ibyo bice kugeza ubu ingendo zari zibujijwe guhera saa Moya z’ijoro (7:00 pm) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 am).

Ni mu gihe ahandi hose mu gihugu ingendo zibujijwe guhera saa Yine z’ijoro (10:00 pm) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 am). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bikaba bifunga saa Tatu z’ijoro (9:00 pm).

Inama y’Abaminisitiri iheruka kandi ni yo yafatiwemo imyanzuro irimo gufungura ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms) ariko bishyirirwaho amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yagenwe na Minisiteri ya Siporo.

Kugeza ubu, ibikorwa birimo utubari, inzu zikorerwamo imikino y’amahirwe [Betting], ahatangirwa serivisi za Sauna na Massage n’imikino yo koga biracyafunze ndetse nk’utubari two kuva muri Werurwe 2020, ubwo iki cyorezo cyageraga mu Rwanda ntabwo twari twongera gufungura.

Perezida Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Mbere
Abagize Guverinoma bateraniye muri Village Urugwiro mu nama yayobowe na Perezida Kagame
Abayobozi batandukanye muri Guverinoma bitabiriye iyi nama yiga ku ngingo zitandukanye

Amafoto: Village Urugwiro




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)