Menya amakosa 4 yangiza abakobwa bakoreshwa n' urukundo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

N'ubwo urukundo ari kimwe mu bintu byiza kandi by' ingenzi mu bibereho y' abantu, hari igihe aho kukubera rwiza rukuzinutswa icy'ingenzi cyarwo, kuko hari igihe rutuma umuntu yirenga agatangira gukora ibintu bidasanzwe ndetse byanamuviramo ibindi rukaba rwamubabaza.

Iyi nkuru ikubiyemo bimwe mu bintu abakobwa bakora kubera urukundo nyamara bishobora kubagwa nabi ndetse rukaba rwabicira ahazaza.

1. Kohereza umusore amafoto y' ubwambure

Bijya bibaho ko umukobwa akunda umuhungu akamwimariramo ku buryo icyo uwo musore amusabye agikora. Bamwe mu bakobwa bajya boherereza abasore amafoto yabo bambaye ubusa cyangwa bakifotozanya bambaye ubusa ariko iki ni kimwe mu bintu bishobora kwagiza ahazaza hawe igihe uwo musore yashyira hanze ifoto yawe wambaye ubusa hari amahirwe menshi byakwimisha mu buzima bwawe.

2. Kurwanya umuryango wawe kubera urukundo

Ni amakosa kwihutira kwiteranya n' umuryango wawe kubera umusore mukundana kuko akenshi uwo musore ntabwo aba akwifuriza ibyiza kurenza ibyo umuryango wawe ukwifuriza.

3. Gukunda umusore kandi gukunda Imana byarakunaniye

Niba udafitanye umubano n' Imana ikiza waba uretse kugirana urukundo n' umusore ngo umwemerere ko uzamubera umugore. Kugirana umubano n' Imana abagabo bamwe babibona nk' ikimenyetso cy' uko witonda kandi witwara neza.

4. Kurara ku musore

Bamwe mu bakobwa bizera abasore kugeza ubwo bashaka ikinyoma babeshya ababyeyi kugira ngo bage kurara ku musore igihe yibana. Ibi ni amakosa kuko bishobora kukwangiriza ahazaza.



Source : https://impanuro.rw/2020/12/16/menya-amakosa-4-yangiza-abakobwa-bakoreshwa-n-urukundo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)