Minisitiri w'Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yabivuze mu kiganiro n'Abanyamakuru cyatanzwe n'abayobozi mu nzego zinyuranye barimo Minisitiri w'Ubuzima, Dr Daniel Ngamij, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Prof Shyaka Anastase, Umuvugizi wa Police y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera na Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Soraya Hakuziyaremye.
Minisitiri w'Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagaragaje uburyo amashuri azongera gukorera nyuma y'uko byemejwe n'Inama y'Abaminisitiri iherutse guterana.
Dr Uwamariya Valentine avuga ko ibikorwa byo kongera gufungura amashuri bizatangira muri uku kwezi k'Ukwakira, bigahera ku mashuri makuru na za Kaminuza.
Yavuze ko mu igenzura ryakozwe n'inzego z'Uburezi, babonye hari kaminuza zigomba kwemererwa gufungura ariko na zo zimwe zigakora mu buryo budasanzwe.
Hari kaminuza esheshatu zeremewe gufungura uko bisanzwe zikaba zakoresha uburyo busanzwe bwo kuba abanyeshuri bajya kwigira ku ishuri cyangwa bagakoresha uburyo bw'ikoranabuhanga.
Izi kaminuza esheshatu ni Kaminuza y'Ikitegererezo mu by'ubuvuzi yitwa University of Global Health Equity iherereye mu Murenge wa Butaro, mu Karere ka Burera, hakaba Africa Leadership University (ALU) iri i Kigali, AIMS, university of Carnegie Melon, OKLAHOMA University na RICA.
Hari kandi kaminuza enye zemerewe gufungura ariko zigahera mu myaka yo hejuru nk'uwa kane. Izo ni Kaminuza y'u Rwanda, Mount Kenya University na Community Integrated Polytechnic.
Dr Uwamariya yagize ati: 'Izo tutavuze hano si uko zitemerewe na zo zikurikiraho.'
Yavuze kandi ko amashuri yisumbuye na yo azakurikiraho mu kwezi gutaha kwa Ugushyingo ariko na yo agatangira mu buryo budasanzwe kuko bazahera ku byiciro biriho bisoza nk'abari kurangiza amashuri abanza, abari mu kiciro rusange cy'amashuri yisumbuye n'abari kurangiza amashuri yisumbuye.

Source : https://www.imirasire.rw/?MINEDUC-yatangaje-kaminuza-zigiye-gufungura-imiryango-kuko-zamaze-kuzuza