Mu gihe urujijo ari rwinshi ku banyarwanda bibaza igihe Amavubi azahamagarirwa kugira ngo yitegure imikino ya Cape Verde izaba mu kwezi gutaha mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika, FERWAFA ivuga ko mu minsi ya vuba iyi kipe izaba yahamagawe kandi bizeye ko izitwara neza.
Mu ntangiriro z'ukwezi gutaha k'Ugushyingo, Amavubi y'u Rwanda afite imikino 2 yo mu itsinda F mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2022 aho azakina Cape Verde.
Mu gihe hasigaye ukwezi kumwe gusa ngo Amavubi akine uyu mukino ntabwo umutoza Mashami Vincent arahamagara abakinnyi azifashisha kuri uyu mukino.
Ku munsi w'ejo hashize aganira n'itangazamakuru, umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Franois Regis yatangaje ko mu munsi ya vuba iyi kipe izahamagarwa igategurwa kandi ikaba izitwara neza.
Yagize ati"Nta wavuga ko habayeho gutinda kubera ingaruka za COVID-19, nta kindi cyashobokaga kuko imikino yari yarahagaze kandi n'ubu turi mu bihe bidasanzwe byo kwirinda no kurinda bagenzi bacu.'
Yakomeje agira ati'Icyo twakwizeza ni uko gahunda yo gutegura ikipe ihari, izatangazwa mu minsi iri imbere kandi turizera ko izitwara neza.'
Biteganyijwe ko umukino ubanza na Cape Verde uzabera muri Cape Verde tariki ya 9 Ugushyingo mu gihe uwo kwishyura uzaba tariki ya 17 Ugushyingo 2020 i Kigali mu Rwanda.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ferwfa-yakomoje-ku-gihe-amavubi-azahamagarirwa