Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Mugabane w'u Burayi (UEFA) ryamaganye bikomeye icyemezo cya FIFA cyo kutubahiriza ihagarikwa ryikora ryagombaga guhabwa rutahizamu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, rivuga ko ari icyemezo 'kitigeze kibaho, kidasobanutse kandi kidafite ishingiro.'
Balogun yari yeretswe ikarita itukura mu mukino wa Amerika na Bosnia-Herzegovina, bivuze ko yagombaga gusiba umukino wa 1/8 cy'irangiza Amerika izahuramo n'u Bubiligi. Gusa FIFA yafashe icyemezo cyo kudahita imuhanisha, bituma yemererwa gukina uwo mukino.
UEFA yavuze ko guhagarika cyangwa gukuraho ibihano byikora by'ikarita itukura ari ukurenga ku mategeko shingiro agenga amarushanwa, kandi ko bishobora gutesha agaciro irushanwa ryose.
BBC ivuga ko amakuru yemejwe na CBS News agaragaza ko Perezida wa Amerika Donald Trump yavuganye kuri telefoni na Perezida wa FIFA Gianni Infantino, baganira ku gihano cya Balogun. Nyuma y'aho, Trump yashimiye FIFA avuga ko 'yakosoye akarengane gakomeye.'
Uwahoze ayobora FIFA, Sepp Blatter, yanenze icyo cyemezo, avuga ko umupira w'amaguru 'utagomba guhinduka urubuga rw'inyungu za politiki.'
UEFA yavuze ko ihagarikwa ry'umukino umwe nyuma y'ikarita itukura atari amahitamo, ahubwo ari itegeko rigomba kubahirizwa kuri buri wese.
Iki cyemezo cyanateje impaka mu makipe yitabiriye Igikombe cy'Isi. Umutoza w'u Bwongereza Thomas Tuchel yavuze ko ubu habayeho urujijo ku buryo amategeko yubahirizwa, yibaza niba amakipe yose azajya asaba ko ibihano by'abakinnyi bayo bikurwaho.
Ati: 'Ni hehe ibi bizarangirira? Ninde uzajya afata icyemezo cyo gukuraho ikarita itukura kandi hashingiwe ku ki?'
Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ry'u Bubiligi ndetse n'umutoza waryo Rudi Garcia nabo banenze FIFA, bavuga ko batarwanira inyungu z'ikipe yabo gusa, ahubwo barwanira ubutabera n'ubunyangamugayo bw'umupira w'amaguru.
Amakuru avuga kandi ko u Bubiligi bwemerewe kujuririra iki cyemezo, ibintu na byo bitari bisanzwe bibaho mu marushanwa ya FIFA.
Iki kibazo cyafunguye impaka zikomeye ku bwigenge bwa FIFA no ku ruhare abanyapolitiki bashobora kugira mu byemezo by'imikino, mu gihe UEFA ishimangira ko amategeko agomba kubahirizwa kimwe kuri buri mukinnyi no kuri buri gihugu.
Source : https://yegob.rw/umwuka-mubi-ukomeje-kwiyongera-hagati-ya-uefa-na-fifa-nyuma-yicyemezo-kuri-balogun/