APR FC yageze muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

APR FC yageze muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro isezereye Kiyovu Sports ku giteranyo cy'ibitego 2-0.

Yabigezeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, ni nyuma y'uko amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa, ni mu gihe mu mukino ubanza APR FC yawutsinze 2-0.

Muri uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, umutoza wa APR FC yari yabyoroheje ubona yakoze impinduka nyinshi nka Lamine Bah wari umaze igihe atabanzamo, Mamadou Sy, Mugisha Gilbert nabo bari babanjemo ni mu gihe abakinnyi nka Dao, Djibril Ouattara, William Togui Mel bari babanje hanze.

Kiyovu Sports wabonaga ifite inyota y'ibitego ntabwo yigeze ibasha kumenera mu bwugarizi bwa APR FC nubwo bageragezaga kurema amahirwe atandukanye.

APR FC nayo yari ifite impamba y'ibitego bibiri, ntiyabashije kubona ikindi umukino urangira ari 0-0, APR FC ikomeza ku giteranyo cy'ibitego 2-0.

Muri 1/4, APR FC izahura na Gasogi United yasezereye Musanze FC ku giteranyo cy'ibitego 3-2. Umukino ubanza wabaye 1-1 uwo kwishyura Gasogi itsinda 2-1.

Indi mikino yabaye kuri uyu wa Gatatu, yasize Bugesera FC yasezereye Amagaju FC ku giteranyo cy'ibitego 4-3 (umukino ubanza Bugesera yatsinze 2-1 uwo kwishyura banganya 2-2), izahura na Etincelles FC yasezereye Mukura VS kubera igitego cyo hanze.

Umukino ubanza wabereye i Musanze, Mukura VS yatsinze 2-1 uwo kwishyura wabereye mu Magepfo Etincelles yatsinze 3-2 bihita biba 4-4 mu mikino yombi, Etincelles ikomeza kuko ari yo yatsindiye ibitego byinshi hanze.

APR FC yageze muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro isezereye Kiyovu Sports



Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yageze-muri-1-4-cy-igikombe-cy-amahoro-amafoto.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)