Umunya-Israel Einhorn Itamar ukinira ikipe ya NSN Development Team yegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye i Rubavu kagasorezwa i Musanze ku ntera y'ibilometero 84,1 akoresheje amasaha abiri n'amasegonda 59.
Etape y'uyu munsi yatangiriye mu mvura yagwaga mu karere ka Rubavu, ubwo abakinnyi babanzaga gukora ibilometero bitabarwa mbere yo gutangira kubarirwa ibihe.
Nk'uko byari byitezwe, agace katangiriye ku kuzamuka, umusozi wa mbere wari i Sashwara. Miguel Heidemann ni we wahise yegukana amanota y'uwo musozi, mbere y'uko igikundi cyongera kwihuza.
Mu bilometero bya mbere, abakinnyi batandukanye barimo Jose Said Cisneros na Reuben Thompson bagerageje gucika, ariko igikundi kirabigarura.
Nyuma y'aho, Uwiduhaye Mike wa Benediction Banafrica Team na João Pedro Rossi wa Localiza bafashe iya mbere, bashyiramo ikinyuranyo cyageze ku masegonda arenga 40.
Bageze i Musanze ku nshuro ya mbere, Uwiduhaye yegukanye sprint yo mu mujyi, ashimisha abakunzi b'amagare bari buzuye ku muhanda.
Icyakora, ukuzamuka Kinigi kwaje guhindura isura y'isiganwa. Rossi yasigaye imbere wenyine, ariko hasigaye ibilometero bitanu gusa atangira gusatirwa bikomeye n'igikundi.
Hasigaye ibilometero bitatu, igikundi cyari cyamufashe burundu. Ikipe ya NSN, irimo Moritz wambaye umwambaro w'umuhondo, yashyize imbaraga imbere igamije kurinda umwanya wa mbere ku rutonde rusange.
Mu kilometero cya nyuma habayeho sprint ikomeye, aho Einhorn Itamar yigaragaje atsindira ku murongo, ashimangira ko ari mu bakinnyi bari kwitwara neza kurusha abandi muri iri rushanwa.
Nubwo atatsinze aka gace, Kretschy Moritz akomeje kugumana umwambaro w'umuhondo, ayobora urutonde rusange mbere y'uduce dusigaye.
Umunyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric wa Team Amani wabaye uwa 8 akoresheje ibihe bimwe n'uwa mbere.