Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwashyize umucyo ku makuru yatangajwe n'umunyamakuru wa Radio Rwanda, Rugaju Reagan, wavuze ko iyi kipe yaba yarariye amafaranga ya myugariro wayo, Serumogo Ali bakavuga ko ntacyo ikipe yahawe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026, Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yashyizeho itangazo rivuga ko ibi byatangajwe atari ukuri kandi ko bigamije kuyobya abafana.
Amakuru yari yatangajwe mu kiganiro 'Urubuga rw'Imikino' kuri Radio Rwanda ku wa 12 Gashyantare 2026, yavugaga ko mu gutandukana na Serumogo Ali habayemo uburiganya, kuko uyu mukinnyi ngo yari yaratanzweho amafaranga angana na miliyoni 10 Frw.
Icyo gihe, Rugaju Reagan yumvikanishije ko ayo mafaranga yaba atarakoreshejwe uko bikwiye ndetse akitsa cyane ku cyo yise uburiganya bwabayemo.
Nyuma y'uko ibi byateje impagarara zikomeye mu bakunzi ba Rayon Sports byatumye ubuyobozi bwihutira gusohora itangazo ribisobanura mu buryo burambuye.
Muri iryo tangazo, bwagize buti 'Ubuyobozi bw'Umuryango Rayon Sports buramenyesha abakunzi bawo n'abanyarwanda muri rusange ko bwamaganye amakuru y'ibinyoma yatangajwe n'umunyamakuru wa Radio Rwanda Rugaju Reagan mu kiganiro Urubuga rw'Imikino cyatambutse kuwa 12/02/2026 ko habaye uburiganya mu igenda ry'umukinnyi Serumogo Ali.'
Ubuyobozi bwakomeje busobanura ko, mu by'ukuri, Rayon Sports n'uyu mukinnyi bumvikanye gutandukana mu bwumvikane busesuye, kandi ko yagendeye Ubuntu ku mpande zombi.
Amakuru avuga ko Rayon Sports yemeye kurekura uyu mukinnyi ku buntu kubera ko hari amafaranga bari bamufitiye angana na miliyoni 10 Frw, bakumvikana ko atazigera ayishyuza iyi kipe ndetse na we ko ntacyo bazamubaza ku mafaranga ikipe ya Al Merreikh Bentiu.
ANNOUNCEMENT pic.twitter.com/IZzdFOglro
â" Rayon Sports Official (@rayon_sports) February 13, 2026
Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yanyomoje-rugaju-reagan.html