Hasojwe Shampiyona y'abakozi ya 2025=26 aho ikipe zihagarariye Urwego rw'Abinjira n'Abasohoka mu Rwanda [DGIE], zihariye ibihembo, mu mu[ira w'amaguru, Basketball na Volleyball zegukanye ibikombe.
Iyi Shampiyona ihuza Ibigo by'Abakozi ba Leta ndetse n'iby'Abikorera yasojwe ejo hashize ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026 ubwo hakinwaga imikino ya nyuma.
Ni Shampiyona binyuze mu byiciro bitandukanye aho ibigo bifite abakozi 100 kuzamura [Catégorie A] bishyirwa mu cyiciro cyabyo, ibigo bifite abakozi bari munsi y'100 [Catégorie B] na byo bigashyirwa ukwabyo bigakina ndetse n'ibigo by'abikorera [Secteur Privée] bigakina ukwabyo.
DGIE ikina mu cyiciro cya Caégorie A, yegukanye igikombe cy'umupira w'amaguru itsinze RBC ibitego 2-1, inegukana kandi icya Basketball mu bagabo nyuma yo gutsinda NISR amanota 78-76 mu gihe kandi yanegukanye icya Volleyball mu bagabo itsinze nanone NISR amaseti 3-2.
Muri Volleyball mu cyiciro cy'abagore muri Catégorie A, RBC ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Rwanda Révenue Authority amaseti 3-0, irongera yegukana igikombe muri Basketball mu bagore nyuma yo gutsinda CHUB amanota 57-50.
Mu cyiciro cya Catégorie A muri Volleyball y'abagabo, Minisiteri y'Ubuzima ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Rwandair amaseti 3-0.
Muri ruhago y'ibigo by'abakozi ba Leta bari munsi y'100 [Catégorie B], RDB itozwa na Ishimwe Cédrid wahoze muri Interforce FC n'Umunyamakuru wa B&B Kigali FM, Hatungimana Désire, yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda RAC kuri penaliti 4-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1.
Mu bigo by'abikorera [Secteur Privée], ikipe y'Uruganda rwa SKOL ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Ubumwe Grande Hotel igitego 1-0.
Ubwo iyi Shampiyona yasozwaga, Perezida w'Ishyirahamwe ry'Imikino y'Abakozi mu Rwanda, Niyonshuti Johnson, yavuze ko imikino isoza Shampiyona y'uyu mwaka, yabahaye icyizere cy'uko u Rwanda ruzahagararirwa neza mu mikino Nyafurika y'Abakozi.
Ati 'Iyi mikino ya nyuma itweretse ko dufite amakipe akomeye azahagararira neza u Rwanda.'
Iyi shampiyona kandi , Umuryango w'Urugaga rw' amadini n'amatorero (RICH) ku bufatanye na Rwanda Biomedical Centre (RBC) bakoze ubukangurambaga bwo kurwanya no kwirinda malariya, baha ubutumwa abakinnyi, abafana n'abandi bari bitabiriye iyo mikino.
Bibukije abitabiriye ko malariya ikiri ikibazo cy'ubuzima rusange kigira ingaruka ku miryango myinshi, ariko ko ishobora kwirindwa no kuvurwa hakiri kare umuntu akigaragaza ibimenyetso byayo ko agomba guhuta yihutira kujya kwa muganga.
Source : http://isimbi.rw/mu-mafoto-55-shampiyona-y-abakozi-yashojwe-immigration-byiharira-ibihembo.html