Amakuru avuga ko APR FC iri bukine na Al Hilal idafite abakinnyi bayo babiri bari basanzwe babanza mu kibuga, kapiteni Niyomugabo Claude n'umunyezamu Ishimwe Pierre.
Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gashyantare 2026 saa cyenda kuri Kigali Pele Stadium.
Amakuru aturuka muri APR FC yateye abakunzi bayo impungenge nubwo ikipe nta kintu irabitangazaho ni uko iri bube idafite kapiteni wayo, Niyomugabo Claude utarakoze imyitozo ya nyuma aho amakuru avuga ko yarwaye ndetse amahirwe menshi atari bukine uyu mukino.
Bivuze ko mu gihe atakina nk'uko amakuru abyemeza, Bugingo Hakim ni we ugomba kuza gufata umwanya we ku ruhande rw'ibumoso yugarira.
Undi mukinnyi APR FC ishobora kuza kuba idafite ni Ishimwe Pierre, umunyezamu wayo wa mbere aho amakuru avuga ko ashobora kuba yarahanwe kubera imyitwarire ye, ni nyuma yo kwitwara nabi ku mukino wa Bugesera FC aho yatsinzwe ibitego bibiri bitavuzweho rumwe, hakorwa iperereza bagasanga hari indi myitwarire itari myiza inyuma y'ikibuga.
Biteganyijwe ko Ruhamyankiko Yvan ari we uri bufate uyu mukino, ni mu gihe ari nawe wafashe umukino bahuyemo na Al Hilal muri CECAFA Kagame Cup.
Ni umukino w'ikirarane cy'umunsi wa 15 cya shampiyona y'Icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w'imikino wa 2025-26.
Source : http://isimbi.rw/ishimwe-pierre-na-niyomugabo-claude-bashobora-kudakina-umukino-wa-al-hilal.html